Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, yatangaje ko bahagaritse igerageza ry’ibisasu bya kirimbuzi by’umwihariko naho byageragerezwaga hagasenywa.
Nk’uko BBC ibitangaza, Kim yavuze ko irindi gerageza ridakenewe kubera ko ubushobozi bwa Korea ya Ruguru bwo gukoresha intwaro za kirimbuzi bwasuzumwe neza.
Ibi abivuga mu itangazo Leta yasohoye, itangaza ko kuva ku itariki ya 21 Mata 2018, Koreya ya Ruguru ihagaritse igerageza ry’ibisasu bya kirimbuzi hamwe na misile zirasa ku yindi migabane
Ibi bitangajwe mu gihe biteganyijwe ko Kim agomba kuzahura na mugenzi we wa Korea y’Epfo Moon Jae-in mu cyumweru gitaha, mu mubonano wa mbere ubaye mu myaka 10 ishize, ndetse akazanabonana na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump mu kwezi kwa Gatandatu.
Kanda Subscribe kuri Bwiza TV ujye ubona videwo zigezweho z’ubuzima,imikino,imyidagaduro…



