Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Busingye Johnston ashingiye bukana bwa Covid-19 iri muri iki gihugu n’ubuzima bw’abantu iri gutwara, arasaba Abaturarwanda gukurikiza amabwiriza yose y’ubwirinzi.
Mu butumwa amaze gutambutsa ku rubuga rwa Twitter, Minisitiri Busingye yagize ati: “Nshuti, bavandimwe, Covid imeze nabi!!! Abacu benshi barimo kuducika!”
Minisitiri Busingye yibukije Abaturarwanda ko Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yaraye atangaje ko ibimenyetso simusiga byerekana ko Covid-19 ifite ubukana yitwa Delta iri muri iki gihugu.
Yagize ati: “Minisante yavuze ko ibimenyetso simusiga bya Delta variant byagaragaye hano. Iyi ni kabutindi!”
Mu rwego rwo kwirinda kwandura no gukwirakwiza iki cyorezo, Minisitiri Busngye yasabye Abaturwanda gukurikiza amabwiriza yashyizweho n’inzego z’ubuzima yo kurwanya iki cyorezo.
Yabasabye ati: “Pfuka umunwa n’amazuru neza. Ahafunganye have/ntuhajye, sukura mu ntoki cyane, intera yigire umuco.”
Raporo ya Minisiteri y’Ubuzima n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, igaragaza ko mu Rwanda hamaze kwandura abantu 45,950 barimo 521 bamaze gupfa kuva iki cyorezo cyahagera. Abarwayi bashya bagaragaye kuri uyu wa 8 Nyakanga 2021 ni 911, abapfuye ni 14.


