Abakubita bagatoteza abakekwaho ibyaha, ntibakwiye kwambara impuzankano ya Uganda-Museveni

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yihanangirije abashinzwe umutekano bakomeje gushyirwa mu majwi, bashinjwa gukubita no gutoteza abakekwaho ibyaha.

Mu ijambo yagejeje ku baturage tariki ya 14 Kanama 2021, Perezida Museveni yavuze ko bene aba bashinzwe umutekano bakora ibi byaha badakwiye kwambara impuzankano ya Uganda.

Yabwiye aba bashinzwe umutekano ati: “Ntimukamokere abantu batari abasirikare, yewe ntimugakubite n’abanyabyaha. Ntabwo mwemerewe gukubita abaturage n’ubwo baba ari abana.”

Perezida Museveni ntiyumva ukuntu abashinzwe umutekano bajya gukubita bakanatoteza imfungwa. Yabajije ati: “Kubera iki mutubita imfungwa? Muba mwagize ubunebwe bwinshi bwo kumuhata ibibazo. Aba ni abanyabyaha, kubatoteza ni bibi.”

Avuga ko abakubita abakekwaho ibyaha, baba bica akazi inzego z’umutekano nka polisi zishinzwe. Abo ngo “ukekwaho gutoteza ntakwiye kwambara impuzankano ya Uganda.”

Uyu mukuru w’igihugu yavuze ko abashinzwe umutekano bagiye kongera kwigishwa uko bazajya bakora akazi neza, nta muntu bahutaje, utazahinduka ngo bazabonana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *