Abasirikare bo muri Niger baherutse gukura Mohamed Bazoum ku butegetsi banze kwakira intumwa z’Umuryango w’Abibumbye (UN), umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) n’uw’ibihugu bigize akarere ka Afurika y’uburengerazuba, ECOWAS.
Izi ntumwa zagombaga kugera i Niamey muri Niger kuri uyu wa 8 Kanama 2023, gusa abasirikare bahiritse ubutegetsi bayobowe na General Abdoulamane Tchiani banze kubakira “ku mpamvu z’umutekano wa Niger ishobora guterwa”.
ECOWAS yemeje aya makuru igira iti: “Komisiyo ya ECOWAS irabamenyesha ko misiyo ya ECOWAS-AU-UN muri Repubulika ya Niger ntabwo yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Kanama 2023. Misiyo yasubitswe nyuma y’itangazo ryo ku mugoroba ingabo ziyoboye Niger zashyize hanze, zivuga ko zidahari ngo zakire intumwa z’inyabutatu.”
Icyari kugeza izi ntumwa muri Niger ni ugusaba General Tchiani na bagenzi be kurekura Bazoum kandi agasubizwa ku butegetsi “kuko yatowe n’abaturage hashingiwe ku ihame rya demukarasi”.
Izi ntumwa zimwe ikaze mu gihe kuri uyu wa 10 Kanama 2023 abakuru b’ibihugu bya ECOWAS barahurira mu nama idasanzwe muri Nigeria, yiga ku butegetsi bwa Niger bwahiritswe.
ECOWAS, mu nama iherutse, yateguje ko Bazoum nadasubizwa ku butegetsi, ibihugu biyigize bizohereza muri Niger abasirikare bo kumusubizaho ku ngufu.
Inama y’abakuru b’ibihugu bya ECOWAS iheruka yakurikiwe n’iyahuje abagaba bakuru b’ingabo yari igamije kunoza umugambi w’iki gitero.
Ku itariki ntarengwa (iya 6 Kanama) aba basirikare bari barahawe na ECOWAS, bafashe icyemezo cyo gufunga ikirere cy’igihugu, mu rwego rwo gukumira indege zagerageza kucyinjiramo.


