Abaturuka muri Uganda no mu Buhinde bakuriweho akato

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma y’u Rwanda nyuma y’inama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 1 Nzeri 2021 yakuye ibwiriza ryo kujya mu kato ku bagenzi baturuka muri Uganda no mu Buhinde.

Nk’uko bigaragara mu itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, ryo ku wa 3 Nzeri 2021, abagenzi baturuka mu mahanga bose barasabwa kwerekana ko bipimishije Covid-19 mu masaha 72, kandi batanduye.

Igipimo cya Covid-19 basabwa gukoresha ni RT-PCR (Real-Time Polymerase Chain Reaction, ibindi ntibyemewe. Gusa si itegeko ko umwana ufite imyaka 5 kumanura yipimisha iki cyorezo.

Abagenzi baturuka muri Uganda no mu Buhinde basabwaga kubanza kujya mu kato k’iminsi 7 bakigera mu Rwanda, kuva tariki ya 15 Kamena 2021 bitewe n’ubwandu bwinshi bwa Covid-19 ya ‘Delta’ bwari bubyugarije.

Ubwandu bwa Delta ni bumwe mu bwari buhangayikishije Isi cyane bitewe n’uko bwakwirakwiraga mu buryo bwihuse kandi bukazahaza cyane abo bufashe, by’umwihariko abafite intege nke z’umubiri.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *