Patriots yamaze umwanya munini irusha REG amanota

Amafoto: REG BBC yigaranzuye Patriots umukino ugana ku musozo

Sangiza iyi nkuru

Mu mukino wa kabiri muri itanu iteganyijwe muri kamarampaka (playoffs), ikipe ya Basketball ya REG BBC yatsinze Patriots BBC manota 79 kuri 70, mu ijoro ryo kuri uyu wa 10 Nzeri 2022.

Uyu mukino wabereye muri B.K Arena, waranzwe n’ishyaka ku mpande zombi, aho hasigaye iminota 2 ngo umukino urangire, Patriots yari imbere n’amanota 63 kuri 57 ariko birangira REG iyigaranzuye.

Ku ruhande rwa REG, umukinnyi Thomas Cleveland ni we wigaragaje cyane kuko yatsinze amanota 21, aha bagenzi be imipira ine ibyara amanota. Kuri Patriots, uwigaragaje cyane ni Kenny Gasana.

Umukino wa mbere wabaye ku wa Kabiri w’icyumweru gishize. Patriots yawutsinze ku manota 75 kuri 70 ya REG. Uwa gatatu uraba kuri uyu wa 12 Nzeri.

Tubibutseko ikipe ya REG ariyo ifite igikombe cya shampiyona ya 2021, aho byayihesheje umwanya wo guhagararira u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League 2022.

Patriots yamaze umwanya munini irusha REG amanota
Patriots yamaze umwanya munini irusha REG amanota

img-20220911-wa0005-2.jpg
img-20220911-wa0006.jpg
Kenny Gasana yagoye abakinnyi ba REG
Kenny Gasana yagoye abakinnyi ba REG

Thomas Cleveland na we ntiyoroheye na mba abakinnyi ba Patriots
Thomas Cleveland na we ntiyoroheye na mba abakinnyi ba Patriots

img-20220911-wa0011.jpg
REG yigaranzuye Patriots mu minota ya nyuma
REG yigaranzuye Patriots mu minota ya nyuma

img-20220911-wa0009.jpg
Abafana benshi bari baje kureba uyu mukino
Abafana benshi bari baje kureba uyu mukino

DJ Ira (uwa kabiri uri ibumoso) ari mu byamamare byaje kureba umukino
DJ Ira (uwa kabiri uri ibumoso) ari mu byamamare byaje kureba umukino

Ibyishimo byatashye mu mitima y'abafana ba REG
Ibyishimo byatashye mu mitima y’abafana ba REG

img-20220911-wa0017.jpg
Abatoza banyuzwe
Abatoza banyuzwe

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *