Amakuru y’igura n’igurisha ry’abakinnyi n’abakinnyi riracyakajije umurego cyane ku mugabane w’i Burayi. Hari abakinnyi bavuzwe ko bagomba kuva mu makipe bakinira ubu ngubu ariko ntibiraba. Twemera ko bashobora kugenda koko, tukanemera ko bashobora kugumamo ariko kandi ntitwanahakana ko amakipe avugwa cyane ko yabatwara byarangira atabashyikiriye.
Byatangiye bivugwa ko Umufaransa Paul Pogba azagurwa na Real Madrid muri Esipanye ariko ubu turamubarira muri Juventus yo mu Butaliyani mu minsi izaza haramutse habaye ubwumvikane hagati y’amakipe yombi. Amakuru dukesha Standard aka kanya avuga ko umwe mu bayobozi ba Juventus, Fabio Paratici  ashobora kuba yageze i Manchester uyu munsi kugirana ibiganiro n’ubuyobozi bwa United kuri Paul Pogba.
Romelu Lukaku, Umubiligi ukinira Manchester United ngo na we ashobora kuba yemeye kujya muri Inter Milan mu Butaliyani akazajya ahembwa amapawundi miliyoni 6 ku mwaka. Ubushize nababwiye ko uyu musore w’imyaka 26 ari we washatse kugenda nyuma yo kubona ko nta mwanya yazabona muri iyi kipe yo mu Bwongereza. Muri uyu mwaka w’imikino ushize, Lukaku yicajwe ku gatebe cyane na Marcus Rashford.
Leicester yasabye Manchester City amapawundi miliyoni 90 kugira ngo itware Harry Maguire ariko iyi kipe yatwaye ibikombe bya shampiyona inshuro ebyiri zikurikiranye yakurayo amaso mu gihe iki giciro kitagabanyijwe. Ni inkuru ya Daily Mail.
Frank Lampard ngo ashobora gusimbura Maurizio Sarri urerekeza muri Juventus ku mwanya wo gutoza Chelsea.
Mohammed Salah ashobora kugurishwa, agasimbuzwa Nicholas Pepe muri Liverpool ariko ntiharamenyekana ikipe yaba yiteguye gushora akayabo kuri uyu Munyamisiri.
Ejo hashize, Eden Hazard yeretswe abafana ba Real Madrid kuri Santiago Bernabeu. Ni nyuma yo kuva muri Chelsea yafashije Chelsea gutwara ibikombe bibiri bya shampiyona na Europa League imwe. Hazard wamaze gukora ibizamini byo kwa muganga i Madrid, yasinye amasezerano y’imyaka itanu.
Hazard ati : ” Kuva nkiri muto nari mfite inzozi zo gukinira Real Madrid”.
Ryan Frazer wavuzwe ko ashobora kugurwa na Arsenal, yatangaje ko azakomeza gukinira Bournemouth kuko nta biganiro yigeze agirana n’indi kipe.
Â


