Igihe cyo kuvugurura amasezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda kiregereje

Guverinoma y’u Bwongereza irateganya kuvugurura mu cyumweru gitaha amasezerano yayo n’u Rwanda ajyanye n’ubufatanye mu bibazo bigendanye n’abimukira n’iterambere ry’ubukungu. Icyemezo cyo kuvugurura aya masezerano cyatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, tariki ya 15 Ugushyingo 2023 nyuma y’ikiganiro yagiranye na Perezida Paul Kagame ubwo urukiko rw’ikirenga rwo muri iki gihugu rwari rumaze gutesha […]

Tshisekedi akomeje gusaba Abanyekongo kudatora Katumbi, amuhora u Rwanda

Umukandida wiyamamariza kongera kuyobora Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, akomeje gusaba Abanyekongo kutazatora MoĂ ÂŻse Katumbi kuko ngo ntashobora kuvuga ko u Rwanda rwateye igihugu cyabo. Kuva Tshisekedi yatangira kwiyamamaza tariki ya 19 Ugushyingo 2023, yavuze ko ahanganye n’abakandida boherejwe n’amahanga, abo ngo bakaba bashaka kuzashyira RDC mu maboko y’ibindi bihugu. Tshisekedi icyo gihe […]

Abarundi 77 babaga muri Malawi bacyuwe

Guverinoma ya Malawi yatangaje ko ku bufatanye n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, yacyuye Abarundi 77 babaga mu nkambi ya Dzaleka. Iyi guverinoma yasobanuye ko izi mpunzi zacyuwe ku bushake, zavuye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kamuzu mu rukerera rwo kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2023, zerekeza i Bujumbura. Umuyobozi ushinzwe impunzi muri Minisiteri […]

Zion Temple irahamya ko abashakaga kweguza Gitwaza bakoreshwaga na Satani

Itorero Authentic World Ministries/Zion Temple Celebration Center, rihamya ko abashumba baherutse kwiyambaza urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ngo rweguze Umushumba waryo mukuru, ApĂŽtre Dr Gitwaza Paul, bakoreshwaga na Satani. Ni abashumba 6: Pasiteri Claude Djessa, Vuningoma DieudonnĂ©, Kaberuka Pierre, Muya Richard, Mudakikwa Richard na Kukimunu Paul Daniel bareze Dr Gitwaza, basobanura ko yakomeje kuyobora “itorero ryabo” […]

Nyina w’umwana uherutse kuri Perezidansi yafunzwe

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ruremeza ko rwataye muri yombi nyina w’umwana witwa Ishimwe Innocent uvuga ko yarenganyijwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru, FERWAFA, ntirimujyane mu ishuri rya FC Bayern Munich kandi yaratsinze ikizamini. Ishimwe wo mu murenge wa Kinazi, akarere ka Huye yatangiye kuvugwa mu itangazamakuru mu kwezi gushize, aho yari aherekejwe na se, Izabitegeka Innocent, bagiye kuri […]

Munyemana yemeje ko ubucuti bwe na Kambanda bwatumaga abicanyi bamwubaha

Urubanza rw’Umunyarwanda Dr Munyemana SosthĂšne uburana ibyaha bya jenoside rwakomeje mu rukiko rwa rubanda rwa Paris kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2023, humvwa ubuhamya. Umutangabuhamya wabanje muri iri buranisha, yabutangiye muri ambasade y’u Bufaransa mu Rwanda, akaba ari umwe mu batanzwe n’umuryango uharanira inyungu z’abarokotse jenoside witwa SURVIE, kandi ni umwe mu biciwe ababo mu […]

Perezida wa Sudani y’Epfo yatangiye kuyobora EAC

Ndayishimiye ubwo yashyikirizaga Salva Kiir ububasha

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye amaze gushyikiriza mugenzi we wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, inshingano y’ubuyobozi bukuru bw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC. Ni igikorwa kibereye mu nama ya 23 y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma byo muri EAC, yabereye i Arusha ku cyicaro cy’uyu muryango kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2023. Perezida Ndayishimiye yari afite […]

Umukozi w’u Rwanda washakishije umugore wa Twahirwa yatanze ubuhamya

Umukozi wa Leta y’u Rwanda ushinzwe kubungabunga umutekano w’abatangabuhamya no kwita ku bahohotewe, Mukavuninka Agathe, yatanze ubuhamya mu rubanza rwa Twahirwa SĂ©raphin ruri kubera mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi. Ni nyuma y’aho kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2023 umugore wa Twahirwa avuze ko uyu mukozi yamusabye kujya gutanga ubuhamya ku mugabo we […]

Kuganira na M23 byakwinjiza abanzi mu gisirikare cyacu: Tshisekedi

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, yabwiye Abanyekongo ko adashobora kugirana ibiganiro n’umutwe witwaje intwaro wa M23 kuko ngo byakwinjiza umwanzi mu gisirikare cyabo. Ibi Tshisekedi yabibwiye abatuye mu mujyi wa Kindu mu ntara ya Maniema kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2023, ubwo yari akomeje ibikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu. Yabwiye […]

Abunganira Karasira barabaza uko bazahembwa mu gihe imitungo ye yafatiriwe

Abanyamategeko babiri bunganira Karasira Aimable, Me Kayitana Evode na Me Gatera Gashabana, barabaza urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga uko bazahembwa mu gihe imitungo y’umukiriya wabo yafatiriwe. Karasira yatawe muri yombi muri Gicurasi 2021, akurikiranweho icyaha cyo guhakana no guha ishingiro jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, icyo gukurura amacakubiri n’icyo kudasobanura inkomoko y’imitungo. Urubanza rwe rwatinze […]

Abashingamategeko b’Abanyekongo banze gusanga bagenzi babo i Kigali

Abashingamategeko bahagarariye Repubulika ya demukarasi ya Congo mu nteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba banze gusanga mu Rwanda bagenzi babo bahagarariye ibindi bihugu. Guhera kuri uyu wa 23 Ugushyingo kugeza ku wa 7 Ukuboza 2023 i Kigali hari gukomereza imirimo y’iyi nteko izwi nka EALA. Biteganyijwe ko ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha, Perezida Paul […]

Umugore wa Twahirwa yabwiye urukiko ko yashyizweho iterabwoba

Umugore wa Twahirwa SĂ©raphin uburana ibyaha bya jenoside n’iby’intambara yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels ko mu mwaka w’2020 yamutanzeho ubuhamya bumushinja bitewe n’iterabwoba yari yarashyizweho n’uwo yita maneko. Uyu mugore yagombaga gutanga ubuhamya kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023 ariko si ko byagenze bitewe n’impaka ndende zaturutse ku kuba yifuzaga kubutangira mu muhezo, abunganira […]

Bangui: General wo muri Zambia yanyuzwe n’uko RDF yitwaye mu gace kari kagoye

Umunyazambiya uyobora ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrica, Lieutenant General Humphrey Nyone, yagaragaje ko yanyuzwe n’uko abasirikare b’u Rwanda bitwaye mu gace kari karafashwe bugwate n’inyeshyamba. Uyu musirikare mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mu murwa mukuru wa Centrafrica, Bangui, kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2023, yatangaje ko abasirikare b’u Rwanda bagaragaje […]

Brussels: Twahirwa yambuwe telefone kugira ngo isakwe

Urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi rwategetse ko Twahirwa SĂ©raphin yamburwa telefone kugira ngo isakwe, harebwa niba nta biganiro agirana n’umugore we wanze gutangira mu ruhame ubuhamya bwe. Kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023, umugore wa Twahirwa ni bwo yagombaga gutanga ubuhamya ku byo azi ku mugabo we uburana ibyaha bya jenoside n’iby’intambara, bifitanye […]

Inshinge zaturutse kwa Dr Munyemana zatewe mu bitsina by’abagore: Ubuhamya

Urubanza rwa Dr Munyemana SosthĂšne uburana ibyaha bifitanye isano na jenoside yakorewe Abatutsi rwakomeje mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023, humvwa abatangabuhamya batandukanye. Muri iri hubaranisha, urukiko rwumvise bwa mbere ubuhamya bw’umubyeyi wiciwe abarimo umugabo we, nyirabukwe, sebukwe n’abandi bo mu muryango we muri segiteri Tumba, mu […]

Katumbi ababajwe n’uko abacancuro bahembwa kurusha FARDC

MoĂ ÂŻse Katumbi wiyamamariza kuyobora Repubulika ya demukarasi ya Congo yatangaje ko ababajwe no kuba abasirikare b’abacancuro bakorana n’iki gihugu bahembwa kurusha abacyo bazwi nka FARDC. Ibi yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023 ubwo yageraga mu mujyi wa Bunia, intara ya Ituri, aho akomereza ibikorwa byo kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, nk’uko ikinyamakuru […]

Uwashinjaga Dr Munyemana kwicisha Abatutsi yamushinjuye

Uwigeze gufungwa azira uruhare yagize muri jenoside yakorewe Abatutsi, yavuguruje ubuhamya yigeze guha abakoraga iperereza, ashinja Dr Munyemana SosthĂšne guha Abahutu amabwiriza yo kwica Abatutsi muri Segiteri Tumba, mu yahoze ari Perefegitura ya Butare. Kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023 yifashishijwe nk’umutangabuhamya mu rubanza rwa Dr Munyemana ruri kubera mu rukiko rwa rubanda rwa Paris […]

Umugore wa Twahirwa yateje umwiryane mu rukiko

Umugore wa Twahirwa SĂ©raphin uburana ibyaha bya jenoside n’iby’intambara mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi, yateje umwiryane kuri uyu wa 22 Ugushyingo 2023. Uyu mugore w’imyaka 53 y’amavuko yahawe umwanya ngo atange ubuhamya. Yabanje gusobanurira imbere y’abacamanza isano afitanye na Twahirwa, ati: “Twahirwa SĂ©raphin ni umugabo wanjye, twashakanye byemewe n’amategeko, dufitanye n’abana.” Yasobanuye […]

Biteye isoni kubwira Isi ko u Rwanda ruri kudukubita: Christian Mwando

Umunyapolitiki Christian Mwando Nsimba yatangaje ko biteye isoni kuba Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi, azenguruka Isi, avuga ko u Rwanda rwateye igihugu cyabo rubinyujije mu mutwe witwaje intwaro wa M23. Kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2023 ubwo Mwando yari mu bikorwa byo kwamamaza MoĂ ÂŻse Katumbi, umukandida ku mwanya wa Perezida, mu […]

Ingabo za RDC zongeye guta ‘intwaro nyinshi’ ku rugamba

Umutwe witwaje intwaro wa M23 watangaje ko ingabo zirwanira ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC n’indi mitwe, zataye muri Karenga na Kilolirwe izindi ntwaro nyinshi mu gitondo cy’uyu wa 22 Ugushyingo 2023. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko mu masaa kumi n’ebyiri y’iki gitondo iri huriro ry’ingabo ryagabye igitero muri utu duce […]

Ni bwo ntangiye inkuru zivuga amakosa y’abakomeye: Manirakiza

Umunyamakuru Manirakiza ThĂ©ogĂšne wa Ukwezi Media Group yatangaje ko nyuma yo gufungurwa by’agateganyo, ari bwo agiye gutangira gukora inkuru z’ubuvugizi, zirimo izigaragaza amakosa y’abakomeye. Ibi yabivuze asubiza abibazaga niba arahagarika umwuga w’itangazamakuru bitewe n’uko yakurikiranwe n’inzego z’ubutabera, ashinjwa icyaha cya ruswa cyaje guhindurwa icyo gukangisha gusebanya, bifite aho bihurira na wo. Uyu munyamakuru, tariki ya […]

Raporo inenga Leta y’u Rwanda ntiyavuzweho rumwe mu rubanza rwa Dr Munyemana

Raporo y’umuryango Human Rights Watch (HRW) inenga ubutegetsi bw’u Rwanda ntiyavuzweho rumwe mu rubanza rwa Dr Munyemana SosthĂšne uri kuburanira mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa guhera tariki ya 14 Ugushyingo 2023. Uru rubanza rwari rukomeje kuri uyu wa 21 Ugushyingo, humvwa abatangabuhamya batandukanye, humvwa raporo y’uyu muryango yigeze kunyura kuri Flash Africa. […]

USA yatangaje ko u Rwanda na RDC byemeye guhosha umwuka mubi

Ibiro bya Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, White House, byatangaje ko u Rwanda na Repubulika ya demukarasi ya Congo, byiyemeje guhosha umwuka mubi umaze igihe hagati yabyo. Ibi byabitangaje kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2023 nyuma y’uruzinduko ushinzwe ubutasi ku rwego rw’igihugu, Avril Haines, yagiriye muri ibi bihugu byombi guhera tariki ya 19 […]

Brussels: Me Lurquin yanze umutangabuhamya ushinjura Twahirwa

Umutangabuhamya witwa Bwanakweli Jean Bosco Ubushinjacyaha bwari bugiye kwifashisha mu buhamya bushinjura Twahirwa SĂ©raphin yateje impaka zikomeye mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi. Mu masaa tanu z’amanywa yo kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2023, ku masaha y’i Kigali, ni bwo urukiko rwari ruhaye umwanya uyu mutangabuhamya wabaye i Karambo (ubu ni Gatenga) kugira […]

Amagambo ya Habyarimana na Mugesera yagarutse mu rubanza rwa Twahirwa na Basabose

Imbwirwaruhame Habyarimana JuvĂ©nal wayoboye u Rwanda yavugiye mu nama y’ishyaka MRND yabereye mu yari Perefegitura ya Ruhengeri n’iyo LĂ©on Mugesera yavugiye ku Kabaya mu burengerazuba bw’igihugu yagarutse mu rubanza rwa Twahirwa SĂ©raphin na Basabose Pierre. Muri uru rubanza ruri kubera mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels, kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2023 humvikanye ubuhamya bw’umugororwa […]

Umuhungu wa Minisitiri w’Ingabo yatorotse igororero

Tuyizere Amani Olivier, umuhungu wa Minisitiri w’Ingabo mu Rwanda, Marizamunda JuvĂ©nal, aherutse gutoroka igororero rya Nyarugenge yari amaze igihe afungiwemo. Umunyamakuru Manirakiza ThĂ©ogene uherutse gufungurwa by’agateganyo yatangaje ko hashize iminsi itari myinshi uyu muhungu atorotse, aho yatorotse ibitaro bya Nyarugenge. Uyu musore asanzwe ari umuhanga mu ikoranabuhanga ndetse yari afungiwe ibyaha by’ubujura bwifashishije ikoranabuhanga. Ni […]

M23 itangaje ko ikubitiye inshuro FARDC-FDLR-Wazalendo muri Kitshanga

Umutwe witwaje intwaro wa M23 utangaje ko umaze gukubita inshuro ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, abacancuro ndetse n’ihuriro rya Wazalendo. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, saa moya n’iminota ibiri mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2023 yatangaje ko iri huriro ry’ingabo za Leta ya RDC […]

Paris: Dr Munyemana ‘yashimye’ uburyo Marcel Gatsinzi yitandukanyije na Bagosora

Dr Munyemana SosthĂšne uburana ibyaha bya jenoside mu rukiko rwa rubanda rwa Paris yarubwiye ko yashimye n’icyemezo GĂ©nĂ©ral Marcel Gatsinzi yafashe cyo kwitandukanya n’abasirikare bari bayobowe na Colonel ThĂ©oneste Bagosora bari mu gikorwa cyo kurimbura Abatutsi. Uyu muganga, Dr Munyemana, guhera tariki ya 14 Ugushyingo 2023 ari kuburanira mu rukiko rw’i Paris ibyaha bine bifitanye […]

Twahirwa yari inshuti ikomeye ya Gén. Maj. Castar: Umugororwa

Umugororwa Setiba Joseph ufungiwe ibyaha bya jenoside mu Rwanda yahamije ko Twahirwa SĂ©raphin uburanishwa mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels yabaye inshuti ikomeye ya GĂ©nĂ©ral Major Nsabimana DĂ©ogratias alias ‘Castar’ wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda kuva mu 1992 kugeza mu 1994. Ni ubuhamya yatanze kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2023 bushimangira ubuhangange Twahirwa yari […]

Bisimwa yatangaje ko Ndayishimiye yagambaniye M23

Perezida w’umutwe witwaje intwaro wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi akaba n’Umukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC, yabagambaniye, yohereza ingabo zo kuwugabaho ibitero. Bisimwa mu kiganiro M23 yagiranye n’abanyamakuru tariki ya 18 Ugushyingo 2023, yatangaje ko amagambo ya Ndayishimiye yumvikanishaga ko ashyigikiye impamvu yatumye abarwanyi b’uyu mutwe begura intwaro. Yagize […]

Mvukiyehe yarahiriye kujyana mu nkiko Général wamushinje amarozi

Mvukiyehe JuvĂ©nal yarahiriye kujyana mu nkiko Ndorimana Jean Franà§ois Regis alias ‘GĂ©nĂ©ral’ wamusimbuye ku mwanya wa Perezida wa Kiyovu Sports, nyuma y’aho amushinje amarozi avuga ko yatumye iyi kipe itegukana igikombe cya shampiyona. Iki gikombe Kiyovu Sports yagitakaje ubwo yatsindirwaga na Sunrize FC igitego 1-0 kuri sitade ya Nyagatare tariki ya 21 Gicurasi 2023. Ni […]

Dr Mbonimana yatangaje ko inzu ye yari igiye gutezwa cyamunara nyuma yo kwegura

Dr Mbonimana Gamariel weguye ku mwanya w’ubudepite mu mwaka ushize kubera ubusinzi, yatangaje ko ubushomeri bwamuteye ubukene, bigera aho inzu ye banki yari igiye guteza cyamunara inzu ye. Mbonimana yeguye mu Gushyingo 2022 nyuma y’aho Perezida Paul Kagame yari aherutse kunenga abapolisi bakorera mu muhanda kuba bahaye ibihano kandi bari bamaze kumufata inshuro 6 atwaye […]

Tshisekedi yatangiye kwifashisha ‘ibirego ku Rwanda’, ashyira Katumbi hasi

Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo, yatangiye kwifashisha “ibirego ku Rwanda”, ashyira hasi MoĂ ÂŻse Katumbi bahanganye. Kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2023, Tshisekedi yatangiriye muri sitade ya Martyrs ibikorwa byo kwiyamamaza, akazaba ahagarariye ihuriro ‘Union SacrĂ©e’ rigizwe n’imitwe ya politiki irimo UDPS akomokamo. Tshisekedi yagaragarije Abanyekongo ibyo […]

Ntabwo ushobora gukunda Imana utabona mu gihe udakunda imbabare n’umukene: Karidinali Kambanda

Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoine Karidinali Kambanda, yasabye abantu gufasha imbabare n’abakene kuko ngo ntibashobora gukunda Imana mu gihe batabakunda. Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2023 ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe gufasha abakene, agira ati: “Kwita ku bakene n’imbabare, ni uburyo bufatika bwo gutunganira Imana no kwitagatifuza. Ntabwo ushobora gukunda Imana utabona mu […]

M23 yatangaje ko yiteguye nkwerekana abandi basirikare benshi yafashe

Umutwe witwaje intwaro wa M23 watangaje ko witeguye kwerekana abandi basirikare barimo ab’u Burundi n’aba Repubulika ya demukarasi ya Congo, RDC, wafatiye ku rugamba mu bihe bitandukanye. Ibi byavuzwe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, mu kiganiro ubuyobozi bw’uyu mutwe bwagiranye n’abanyamakuru mu mujyi wa Bunagana, tariki ya 18 Ugushyingo 2023. Mu gihe M23 ivuga […]

Makolo yasabye abanenga gahunda y’abimukira kutibasira u Rwanda

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko bigoye kumva ukuntu iki gihugu cyibasirwa kubera gahunda yari yarateguwe yo kwakira abimukira bava mu Bwongereza. Makolo, mu nyandiko ye yatambutse mu kinyamakuru The Sun kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2023, yatangaje ko icyemezo cy’urukiko rw’ikirenga kuri iyi gahunda “kubera ko u Rwanda atari igihugu gitekanye” […]

Victoire Ingabire yatangaje ko yishimiye icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga rwa London

Umunyapolitiki Victoire Ingabire utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda yatangaje ko yashimishijwe n’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga rwo mu Bwongereza kivuga ko gahunda yo kohereza abimukira i Kigali itemewe n’amategeko. Ni icyemezo cyafashwe tariki ya 15 Ugushyingo 2023, gitesha agaciro ubujurire bwa guverinoma y’ubwami bw’u Bwongereza yashakaga ko rwemeza ko iyi gahunda yemewe n’amategeko kugira ngo abimukira batangire […]

U Rwanda rurashaka guhindura imipaka yaciwe n’abakoloni: Tshisekedi

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo, yatangaje ko u Rwanda rushaka guhindura imipaka yaciwe n’abakoloni. Ibi Tshisekedi yabitangarije mu kiganiro n’umunyamakuru Colette Braeckman wa Le Soir, aho yemeje ko u Rwanda rwohereje ingabo zarwo mu burasirazuba bwa RDC kugira ngo zifate ibice byo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Yagize ati: […]

Umuyobozi wa M23 aherutse kujya i Bujumbura

Perezida w’umutwe witwaje intwaro wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko aherutse kujya i Bujumbura mu Burundi, aho yahuye na Perezida Evariste Ndayishimiye, amugezaho imbogamizi ziri kubaho mu guharanira amahoro n’umutekano muri teritwari ya Masisi. Mu ijambo Bisimwa yagejeje ku banyamakuru i Bunagana kuri uyu wa 18 Ugushyingo 2023, yatangaje ko M23 nk’uko yari yarabisabwe n’abakuru […]

Perezida Biden yahaye abakobwa ba Rusesabagina ishimwe

Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, yahaye abakobwa ba Paul Rusesabagina, Carine na AnaĂ ÂŻse Kanimba, ishimwe ryitiriwe Sergei Leonidovich Magnitsky ryo kuba baravuganiye umubyeyi wabo kugeza afunguwe. Nk’uko BBC Gahuza ibisobanura, iri shimwe barishyikirijwe n’intumwa yihariye ya Biden ishinzwe “ibibazo by’abafashwe bugwate”, Lieutenant Colonel (Rtd) Roger Dean Carstens, mu muhango wabereye i […]

Urukiko rutegetse ko Manirakiza afungurwa by’agateganyo

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ruhaye agaciro ubujurire bw’umunyamakuru Manirakiza ThĂ©ogene, rutegeka ubuyobozi bw’igororero rya Nyarugenge guhita bumufungura by’agateganyo. Uyu munyamakuru yatawe muri yombi tariki ya 11 Ukwakira 2023, akurikiranweho icyaha cyo kwakira ruswa y’amafaranga ibihumbi 500 kugira ngo adatangaza inkuru. Mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, ubushinjacyaha tariki ya 24 Ukwakira bwasobanuye ko icyaha cyahinduriwe inyito, […]

Komanda w’ingabo za EAC yazishimiye uko ziri kwitwara mu gihe cy’imirwano ya FARDC na M23

Komanda w’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, Major General Alphaxard Muthuri Kiugu, yazishimiye uburyo zikomeje kwitwara mu gihe cy’imirwano y’ingabo z’iki gihugu n’umutwe witwaje intwaro wa M23. Ibi yabibwiye ingabo za Kenya ziri mu birindiro bya Kibumba, Kanyamahoro no ku bubiko bw’ibikoresho muri Kibati ku wa […]

Ntabwo intambara yacu yari ukurwana na M23, yari iyo guhiga Abatutsi: Colonel Yusto Kanyove

Lieutenant Colonel Yusto Kanyove uherutse gutoroka igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, yatangaje ko intambara yabo itari iyo kurwana n’umutwe witwaje intwaro wa M23, ahubwo ko yari iyo guhiga no gusahura Abatutsi. Tariki ya 9 Ugushyingo 2023 ni bwo Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko Yusto yatorotse, abiyungaho. Ati: “Lt Col. Yusto […]

Bamporiki Edouard aherutse guha Titi Brown ubutumwa

Ishimwe Thierry wamamaye mu kubyina nka Titi Brown, yahishuje ijambo Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco yamubwiye tariki ya 10 Ugushyingo 2023, ubwo yasohokaga mu igororero (gereza). Ishimwe yatawe muri yombi tariki ya 10 Ugushyingo 2021, akurikiranweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa. Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamugize umwere nyuma y’imyaka 2 […]

Se wa Jovia Mutesi yise umwami ugiye kumubera umukwe umubumbyi

Umubyeyi wa Jovia Mutesi ugiye kuba umwamikazi wa Busoga, mu buryo busa no gushyenga, yise umukwe we, Umwami Gabula Nadiope IV, umubumbyi w’amatafari. Uyu musaza witwa Stanley Bayoole yabivugiye mu kiganiro yagiriye kuri NTV kuri uyu wa 16 Ugushyingo mu gihe Mutesi n’uyu mwami wa Busoga bitegura gushyingirwa tariki ya 18 Ugushyingo 2023. Bayoole yagize […]

Perezida wa Afurika y’Epfo yasabye ICC gukora iperereza ku ngabo za Israel

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasabye urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, gukora iperereza ku ngabo za Israel kuko ngo ziri gukora ibyaha by’intambara mu ntara ya Gaza. Ibikorwa by’ingabo za Israel muri Gaza byatangiye nyuma y’aho umutwe wa Hamas warashe ibisasu byinshi ku butaka bw’iki gihugu tariki ya 7 Ukwakira 2023. Ingabo za Israel zarahiriye […]

Muyaya yashimye urukiko rwa London, avuganira FDLR

Umuvugizi wa guverinoma ya Repubulijka ya demukarasi ya Congo akaba na Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru, Patrick Muyaya, yashimye icyemezo cy’urukiko rw’ikirenga rwo mu Bwongereza gitesha agaciro gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, avuganira abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa FDLR. Kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2023, uru rukiko rwatangaje ko iyi gahunda guverinoma y’u Bwongereza ifitanye n’iy’u […]

Visi Perezida w’Interahamwe yambwiye ko byateguwe, Abatutsi bagiye gupfa: Ubuhamya

Urubanza rwa Twahirwa SĂ©raphin na Basabose Pierre mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi rwakomeje mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2023, humvwa abatangabuhamya. Umutangabuhamya wabimburiye abandi afite imyaka 53 y’amavuko. Yasobanuye ko yabaye i Karambo muri Gatenga, kandi ko azi Twahirwa kuko basangiriraga mu tubari twaho. Ati: “Twasangiraga na Twahirwa mu […]

FARDC yagaragaje ko ifite ubushobozi bwo kurinda RDC

Ndjike yemeje ko izi mbunda zarasaga muri Masisi

Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, cyatangaje ko gifite ubushobozi bwo kurinda ubutaka bw’iki gihugu uwagerageza kubwinjiramo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, haba ku manywa cyangwa nijoro. Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wacyo ku rwego rw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lieutenant Colonel Guillaume Ndjike Kaiko kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2023, agira ati: “FARDC bafite ubushobozi bwo […]

Sintegereje umuyobozi w’ikirenga nka Kagame: Rutaremara

Tito Rutaremara uri mu bagize akanama ngishwanama k’inararibonye aremeza ko u Rwanda ruzagira abayobozi beza ariko rutazagira uw’ikirenga nka Perezida Paul Kagame. Ibi yabivuze ubwo, mu kiganiro kuri Yago TV Show, yabazwaga niba nta cyuho abona ku Rwanda cyashingira ku byiyumviro by’Abanyarwanda benshi by’uko nta wasimbura Perezida Kagame ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ngo akore neza […]

Abasirikare bo muri Israel batozaga abakomando ba FARDC baherutse kubata

Abasirikare benshi bo muri Israel bahuguraga abakomando b’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, barinda Umukuru w’Igihugu basubiye iwabo imyitozo batangaga itarangiye, bajya gufasha bagenzi babo guhangana n’umutwe wa Hamas. Hamas ifite ibirindiro mu ntara ya Gaza muri Palestine yatangiye kugaba ibitero ku butaka bwa Israel tariki ya 7 Ugushyingo 2023, ubutegetsi bw’iki gihugu […]

Perezida Kagame na Sunak bemeranyije gukomeza gahunda y’abimukira

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Minisitiri w’Intebe w’ubwami bw’u Bwongereza, Rishi Sunak, bagiranye ikiganiro ku murongo wa telefone nyuma y’aho urukiko rw’ikirenga rwemeje ko gahunda y’abimukira ibi bihugu byombi bifitanye inyuranyije n’amategeko. U Rwanda n’u Bwongereza byagiranye amasezerano y’abimukira n’ubufatanye mu iterambere muri Mata 2022, akaba yaragombaga gutuma i Kigali hoherezwa abimukira bafashwe bakoresha […]

Umugore wa Twahirwa yabaye ikibazo ku Nterahamwe no ku barokotse jenoside: Ubuhamya

Muramu wa Twahirwa SĂ©raphin wabaye mu basirikare b’Inkotanyi yasobanuriye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi uko abarokotse jenoside bigeze gutera urugo rwe, bamushinja guhise mushiki we, bamwita umugore w’umwicanyi wamaze Abatutsi n’uko Interahamwe zamufataga nk’ibibazo kubera abo mu muryango we bari mu Nkotanyi. Uyu mutangabuhamya kuri uyu wa 15 Ugushyingo 2023 watangiye ubuhamya bwe […]

London: Urukiko rw’Ikirenga rutesheje agaciro gahunda yo kuzana abimukira mu Rwanda

Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza rumaze gutesha agaciro gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ishingira ku masezerano ibihugu byombi byashyizeho umukono mu mwaka ushize. Saa sita zirengaho iminota mike kuri uyu wa 15 Ugushyingo Perezida w’uru rukiko, Robert Reed, yavuze ko iyi gahunda itemewe n’amategeko nk’uko byari byaranzuwe n’urukiko rw’ubujurire muri Kamena 2023. Uyu mucamanza yasobanuye […]

Tshisekedi arajya muri Uganda na Kenya

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, arajya i Kampala muri Uganda na Nairobi muri Kenya, mu ruzinduko rw’umunsi umwe. Ibinyamakuru byo muri RDC biravuga ko Tshisekedi aragirana ikiganiro cyihariye na Yoweri Museveni ubwo araba ageze i Kampala kuri uyu wa 16 Ugushyingo 2023, hanyuma akomeze ajya kuganira na William Ruto wa […]

Uwamamaye nka Samusure yatangaje ko yavuye mu Rwanda ahunze

Umukinnyi wa filimi nyarwanda Kalisa Ernest wamamaye nka Samusure na Makuta yatangaje ko yavuye mu Rwanda ahunze bitewe n’ibibazo by’amadeni yari afitanye n’abantu batandukanye. Kalisa yavuye mu Rwanda mu Kwakira 2022, abenshi babimenya uko yagaragaraye mu mashusho ayobora ubukwe i Maputo muri Mozambique. Kugenda kwe kwahujwe n’igihombo yagize mu mushinga wa filimi y’uruhererekane yise ‘Makuta’. […]

Tugomba gukora ibishoboka gahunda y’u Rwanda igakunda: Minisitiri Jenrick

Minisitiri ushinzwe abimukira mu Bwongereza, Robert Jenrick, yatangaje ko guverinoma izakora ibishoboka kugira ngo gahunda ifitanye n’u Rwanda itangire gushyirwa mu bikorwa mbere y’amatora ateganyijwe. Mu kiganiro na Telegraph, uyu muyobozi yagize ati: “Tugomba gukora ku buryo gahunda y’u Rwanda ikunda mbere y’amatora rusange ataha. Nta niba, nta ariko, tuzakora ibishoboka kugira ngo ishyirwe mu […]

Tshisekedi arivugwa imyato kubera ibihe bidasanzwe yashyize muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, FĂ©lix Tshisekedi Tshilombo, arivuga ibigwi kubera ibihe bidasanzwe yashyize mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri. Muri Gicurasi 2021 ni bwo Tshisekedi yashyize izi ntara mu bihe bidasanzwe, hagamijwe kurandura burundu ikibazo cy’umutekano muke giterwa n’imitwe yitwaje intwaro izimazemo imyaka myinshi. Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa iyi […]

Abunganira Basabose na Twahirwa bibasiye abacamanza, iburanisha rihita rihagarara

Me Jean Flamme wunganira Basabose Pierre na Me Vincent Lurquin wunganira Twahirwa SĂ©raphin bibasiye inteko y’abacamanza bayoboye urubanza rwabo rubera mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi, iburanisha rihita rihagarara. Kuri uyu wa 14 Ugushyingo 2023, urukiko rwumvise ubuhamya bw’umutangabuhamya ufite imyaka 50 y’amavuko, waturutse i Kigali. Ni umwe mu barokokeye jenoside yakorewe Abatutsi […]

UN yemeje ko Ndimbati washakishwaga kuva mu 1995 yapfiriye mu Rwanda

Ndimbati yashakishwaga n'urukiko rwashyiriweho u Rwanda kuva mu 1995

Ubushinjacyaha bw’urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye, IRMCT, bwemeje ko Ndimbati Aloys washakishwaga n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda i Arusha kuva mu mwaka w’1995 yapfiriye mu karere ka Kirehe. Ubu bushinjacyaha bwemeje ko iperereza ryakozwe n’itsinda ryabwo rishakisha abatorotse ubutabera ryagaragaje ko Ndimbati yapfiriye mu murenge wa Gatore, ahagana muri Kamena 1997. Buti: “Urupfu rwa Ndimbati muri […]