Bobi Wine aranenga amahanga na AU byanze kwamagana intsinzi ya Museveni

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi (Bobi Wine) utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda yanenze ibihugu by’amahanga bikomeye n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, byanze kwamagana intsinzi ya Perezida Yoweri Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Mutarama 2021.

Bobi Wine mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Marc Perelman wa France 24 mu minsi mike ishize, ashingiye ku byabaye mbere y’amatora, mu matora na nyuma yaho, yavuze ko Uganda ikiyobojwe igitugu cy’abasirikare.

Yagize ati: “Uganda iracyayobowe n’igitugu cy’igisirikare kiyobowe na Gen. Museveni. Twagiye mu matora ariko interineti yari yahagaritswe, itsinda ryamfashije kwiyamamaza ryari rifunzwe, bake muri bo bafunguwe mu kwezi gushize, mu gihe ibihumbi by’abayoboke bacu bagifunzwe mu buryo butemewe n’amategeko.”

Ku kuba komisiyo ishinzwe amatora yaratangaje ko Perezida Museveni ari we watsinze aya matora, afite amajwi 58.64%, Bobi Wine wagize 34.83% yavuze ko habayemo ubujura bw’amajwi, ikaba ari yo mpamvu yumva ibi bihugu bikomeye biri mu burengerazuba bw’Isi n’uyu muryango byaragombaga kubwamagana.

Yagize ati: “Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe nta jambo wigeze ubivugaho, amahanga uretse amagambo make yavuze, yakomeje guceceka ku marorerwa abera muri Uganda.”

Abajijwe niba acyemeza ko ari we watsinze amatora, yasubije ko ari we watowe n’abaturage mu buryo budasubirwaho. Ati: “Ndi Perezida wa Uganda watowe bidasubirwaho gusa abasirikare bafashe igihugu cyacu baracyakiyobora mu buryo budateganywa n’Itegekonshinga.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *