Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Evariste Ndayishimiye mu muhango wo kwizihiza umunsi w’ubwigenge kuri uyu wa 1 Nyakanga 2021, yatangaje ko amasezerano yise ayo gusahura igihugu abayobozi basinyanye n’abanyamahanga agiye guseswa.
Aya masezerano ni ajyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Perezida Ndayishimiye avuga ko aba banyamahanga bagiye basahura igihugu babifashijwemo n’Abarundi.
Yagize ati: “Hari Abarundi bagiye bakorana n’abanyamahanga basinya amasezerano yo kwiba ubutunzi bw’igihugu. Ngira ngo mbwire abo Barundi, musubire kuri bariya mwakoranye, mubabwire ko dushaka kubisubiramo. Uzi wese ko yasinye amasezerano, akaba ari kwiba ubutunzi bw’igihugu, aya masezerano yose turayasesa.”
Mbere y’ijambo rya Perezida Ndayishimiye, Minisitiri ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Ibrahim Uwizeye yari yamaze kwandikira ibigo byo mu mahanga bishinzwe ubucukuzi bw’aya mabuye birimo Rainbow cy’Abongereza, abimenyesha ko amasezerano byasinyanye na Leta yahagaritswe.
Radiyo Ijwi rya Amerika ivuga ko nka Rainbow izira kuba itarubahirije ibikubiye mu masezerano yasinye na Leta y’u Burundi, iyiteza ibihombo bikomeye.
Ariko Rainbow yo yasubije ko itigeze ihombya u Burundi, ko ahubwo nayo ubwayo yagiye ihura n’ibihombo.
Ikibazo cy’ibi bihombo kandi mu minsi yashize Minisitiri w’Intebe, Alain Guillaume Bunyoni yakigejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko, avuga ko kimaze imyaka itanu.


