Burundi: Umunyamabanga w’ishyaka ry’Agathon Rwasa yarekuwe nyuma yo gutabarizwa

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’amasaha atari make ari mu maboko y’urwego rw’gihugu rushinzwe iperereza, Umunyamanga w’Ishyaka CNL ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi yamaze kurekurwa asubira mu muryango we nyuma yo gutabarizwa.

Uyu witwa Providence Ntirabampa wari umunyamanga w’Ishyaka CNL ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Burundi bwa CNDD-FDD yatabarizwaga nyuma y’uko yatawe muri yombi mu buryo bumeze nko gushimutwa n’Inzego z’iperereza.

Iryo shyaka CNL ryashinzwe n’Agathon Rwasa akaba ari nawe uritegeka ni ryo ryanditse ritabariza uyu munyamabanga waryo wari unarishinzwemo umutekano n’Itumanaho aho ryavuze ko yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe iperereza zamutwaye zimukuye mu biro bye biri mu mujyi wa Gitega aho yakoreraga umuryango utegamiye kuri Leta wa JICA.

CNL banditse kuri X yabo ko batabariza “Umunyamabanga ku rwego rw’Igihugu ushinzwe Umutekano, Itangazamakuru n’imigenderanire mu ishyaka (Umugambwe) CNL, yafashwe n’Abakozi bashinzwe iperereza bamukuye ku kazi i Gitega saa sita.”

Ntirabampa yatawe muri yombi nyuma y’uko mu minsi ishize abantu batandukanye biganjemo abashyigikiye ubutegetsi bwa Ndayishimiye ku rubuga rwa X bakunze kumwibasira bamushinja kuba ari we ukoresha amazina y’uwitwa Ruberinyange ukunda kwandika anenga ibikorwa n’ubutegetsi bw’Uburundi kuri urwo rubuga.

Muri uko kumwibasira hari n’abajyaga bamwandikira ko kuba yarihebeye ishyaka ry’Agathon Rwasa yayobye ngo kuko “Agathon Rwasa hari abandi bantu benshi bagiye bamukorera bikarangira abatereranye mu byago.”

Biracyekwa ko iri tabwa muri yombi rye rigamije kugira ngo bamucecekeshe ndetse banacecekeshe ishyaka rya CNL ryose muri rusange muri iyi minsi riri mu yakomeje kunenga imikorere y’ubutegetsi bwa Ndayishimiye. Ibi byafashe intera nyuma y’aho uwo Ndayishimiye atangarije ko umutwe wa Red Tabara urwanya ubutegetsi bwe uterwa inkunga n’u Rwanda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *