Cibitoke: Imbonerakure yishe umugore wayo wari utwite

Sangiza iyi nkuru

Ahitwa Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke mu gihugu cy’u Burundi umugabo bivugwa ko abarizwa mu rubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, ruzwi nk’Imbonerakure, kuwa 12 Ukuboza yishe umugore we wari utwite.

Uwishwe ni Claudette Kwizera mu gihe umugabo we wamwishe yitwa Justin Ntamakuriro w’Imbonerakure nk’uko SosMedias dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Nk’uko bitangazwa n’igipolisi, ngo uyu mugabo yari ari kumwe n’indi Mbonerakure bari mu myitozo ya siporo.

Avuye muri siporo yageze iwe ngo asaba umugore kumugaburira ariko uyu bivugwa ko yari atwite inda y’amezi ane ntiyamugaburira kuko nta posho umugabo yari yamusigiye nubwo we avuga ko yari yasize amafaranga mu rugo yo guhaha.

Iyi nkuru ntivuga buryo ki uyu mugabo yishe umugore we, gusa nyuma yo kumwica ngo iyo polisi itahagoboka abaturage nabo bashakaga kwivugana uuyu mugabo.

Abaharanira uburenganzira bw’abagore bakaba basaba ubutabera gukora akazi kabwo dore ko hari hashize n’igihe kitari kirekire umupolisi mukuru mmu Gipolisi cy’u Burundi nawe yishe umugore we amurashe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *