Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kuri uyu wa 4 Nyakanga 2021 yakiriye ubutumwa bwa Perezida wa Mali w’inzibacyuho, Col. Assimi Goïta.
Ubu butumwa Umukuru w’Igihugu yabugejejweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane wa Mali, Ambasaderi Abdoulaye Diop nk’uko byatangajwe n’ibiro bye, Village Urugwiro mu kanya gashize.
Ibi biro byagize biti: “Uyu munsi muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Ambasaderi Abdoulaye Diop, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane wa Mali wazanye ubutumwa bwa Col. Goïta Assimi, Perezida w’inzibacyuho n’Umukuru w’Igihugu wa Mali.”
Ntabwo ibi biro byatangaje ibikubiye muri ubu butumwa, gusa akenshi usanga ubuje muri ubu buryo buba burebana n’imikoranire hagati y’ibihugu byombi, mu bikorwa bitandukanye.
Col. Goita ateye iyi ntambwe nyuma y’ukwezi kurengaho iminsi mike ahiritse ubutegetsi bw’uwari Perezida w’inzibacyuho wa Mali, Bad Ndaw, amushinja kutuzuza inshingano uko bikwiye. Tariki ya 24 Gicurasi 2021 yahise afata iyi nshingano kugeza igihe amatora azabera, hakamenyekana Umukuru w’Igihugu watowe.



