Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, CDC, tariki ya 6 Nyakanga 2021 cyashyize u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu bifite ubwandu buri hejuru cyane bw’icyorezo cya Covid-19.
Uru rutonde rugizwe n’ibihugu 54, ruriho ibimaze igihe byibasiwe cyane n’iki cyorezo nk’u Buhinde, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) na Afurika y’Epfo, n’ibyo mu Karere nka Uganda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC).
CDC iburira Abanyamerika iti: “Mwirinde ingendo zigana aha hantu. Niba ari ngombwa ko mujyayo, mumenye neza niba mwabanje gukingirwa mu buryo bwuzuye mbere y’uko mujyayo.”
Ku Rwanda, CDC yagize iti: “Mwirinde kujya mu Rwanda. Niba ari ngombwa ko mujya mu Rwanda, mumenye neza niba mwabanje gukingirwa mu buryo bwuzuye mbere y’uko mujyayo.”
Iki kigo gisobanura ko impamvu kujya mu Rwanda bisaba kuba umuntu yakingiwe mu buryo bwuzuye, ari uko hari ibyago ko n’abakingiwe ubwabo bakwandura Covid-19. Kiti: “Kubera ko uko byifashe mu Rwanda ubu, n’abakingiwe mu buryo bwuzuye bashobora kugira ibyago byo kwandura no gukwirakwiza Covid-19 zihinduranyije.”
CDC ishyize u Rwanda kuri uru rutonde mu gihe kuva mu ntangiriro za Kamena 2021, iki gihugu cyakomeje kugaragaramo umubare munini w’abandura, utari umenyerewe. Kuri uyu wa 8 Nyakanga 2021, habonetse abarwayi bashya 911 mu bipimo 8,350 byafashwe.
Minisitiri w’Ubuzima w’u Rwanda, Dr Daniel Ngamije yaraye atangaje ko hari ibimenyetso simusiga byerekana ko Covid-19 yihinduranyije izwiho gukwirakwira mu buryo bwihuse, ikanazahaza cyane abayanduye (Delta) iri muri iki gihugu.


