Goma: Abarwanyi ba FDLR barambitse intwaro, biteguye gutaha mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa 22 Kamena 2021, igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo cyatangaje ko cyakiriye abarwanyi 134 b’imitwe yitwaje intwaro bemeye kuzirambika, bagasubira mu buzima busanzwe.

Muri aba barwanyi, harimo: 50 ba Nyatura CMC, 47 ba APCLS, 32 ba Nyatura Bazungu na 5 ba FDLR-FOCA, umutwe urwanya Leta y’u Rwanda.

Mu barwanyi ba FDLR barambitse intwaro, harimo: 2 bakomoka mu Rwanda na 3 bakomoka muri RDC.

Amakuru mashya igisirikare cya RDC cyashyize hanze muri iki gitondo, avuga ko aba barwanyi bose uko ari 134 bamaze kugezwa mu mujyi wa Goma, bavanwe mu gace ka Kichanga, ahabereye umuhango wo kubakira.

Igitangazamakuru Actualité kivuga ko aba barwanyi ba FDLR bakomoka mu Rwanda (amazina n’imyirondoro byabo ntibirajya ahabona), batangaje ko biteguye kugaruka mu gihugu cyabo, bagasubira mu buzima busanzwe.

Aba barwanyi mbere y’uko barambika intwaro bakoreraga muri Teritwari ya Masisi na Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Bamurikiye igisirikare cya RDC intwaro 73 bari bafite zirimo; AK-47, PKM (Machine Gun) na RPG.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *