Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane muri Uganda, Gen. Jeje Odongo yamenyesheje abagize inteko ishinga amategeko ko hari abanya-Uganda badashaka kuva muri Afghanistan n’ubwo hakunze kugaragara impungenge z’umutekano muke kuva Abatalibani bafata ubutegetsi tariki ya 15 Kanama 2021.
Ni igisubizo Minisitiri Odongo yatanze ubwo abagize Inteko bamubazaga icyo guverinoma iri gukora ngo ifashe gutaha abanya-Uganda baheze muri Afghanistan.
Yagize ati: “Turi gukora ibishoboka kugira ngo tumenye umunya-Uganda uri muri Afghanistan, twanamenye ko hari abadashaka kugaruka. Baravuga bati ‘tumeze neza, ntabwo dushaka kuva hano.”
Minisitiri Odongo yavuze ko gahunda ya Guverinoma ari ugufasha ababyifuza, ati: “Nta we tuzahatiriza ngo ave muri Afghanistan.”
Ubwo Uganda yari imaze kwakira icyiciro cya mbere cy’abaturage 51 ba Afghanistan b’impunzi, ni bwo hatangiye kwibazwa uko abanya-Uganda baheze muri iki gihugu bo bazafashwa. Icyo gihe Guverinoma yatangaje ko hari abagombaga kuzana n’izi mpunzi, ariko bitashobotse kuko babuze uko bagera ku kibuga cy’indege cya Kabul, aho abandi bahagurukiraga.
Gusa Guverinoma ya Uganda yongereyeho ko ikomeje gukora ibishoboka ngo ifashe gutaha abanya-Uganda baheze muri Afghanistan. Minisitiri Odongo yemeje ko hari 10 bavuye muri iki gihugu babifashijwemo n’Umuryango w’Abibumbye, 6 muri bo bageze muri Uganda. Abandi bifuza gutaha ngo ni 3 gusa; bakaba bari gutegurirwa uburyo bazagezwa mu gihugu cyabo.


