harmo1.png

Harmonize yakarabye inzoga yubahwa n’ibyamamare ku Isi

Sangiza iyi nkuru

Icyamamare mu muziki wa Tanzania, Rajab Abdul Kahali kizwi nka Harmonize, cyagaragaye gikaraba inzoga ya Belaire yubashywe cyane n’ibyamamare ku Isi.

Ifoto ya Harmonize akaraba iyi nzoga yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga zo muri Tanzania mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Agaragara ateze intoki, bamufashije icupa rya Belaire, baricurika mu ntoki, akaraba bisanzwe nk’ukaraba amazi, yifashishije n’isabune.

Urubuga Wasafi News rubuvuga ko uyu muhanzi yabikoze ubwo yari muri Kenya (bivugwa ko ari muri B Club), ruti: “Harmonize ubwo yari muri Kenya yerekanye ko afite amafaranga, akaraba ikinyobwa gihenze.”
harmo1.png

Iyi nzoga ni yo umuraperi Rick Ross, DJ Khaled uvanga umuziki, P. Diddy, French Montana, Diamond Platinumz wo muri Tanzania ndetse n’Umunyarwanda, The Ben, bamaze igihe bamamaza.

Belaire igura amafaranga ari hagati y’amadolari ya Amerika ($) na $ 34, bitewe n’igihugu uyiguriyemo. Muri Tanzania, igura amashilingi agera ku 90,000.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *