Iran: Umugabo yaciye umutwe umugore we, awuzengurukana umuhanda

Sangiza iyi nkuru

Polisi yo mu majyepfo y’uburengerazuba bw’umujyi wa Ahvaz muri Iran yataye muri yombi umugabo ukurikiranyweho kwica umugore we Mona Heidari wari ufite imyaka 17 y’amavuko, nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru cyitwa ISNA.

Bivugwa ko uyu mugabo wari ufite umujinya yishe umugore we mbere yuko afata umutwe we akawuzengurukana ku mihanda. Bikekwa ko yamwishe amuziza kumuca inyuma.

Polisi ikeka ko Mona Heidari w’imyaka 17 yishwe n’umugabo we afashijwe na muramu we. Ku wa Mbere polisi yataye muri yombi aba bagabo babiri ibakuye aho bari bihishe.

Iki kibazo cyatumye Visi Perezida ushinzwe imibereho myiza y’abagore, Ensieh Khazali yamahamagariye inteko ishingamategeko gufata umwanzuro wihutirwa ndetse n’ubuyobozi bugahagarika ibyaha bisa nk’iki.

Ibitangazamakuru byo muri Irani byatangaje inkuru zitandukanye z’ubwicanyi bigasaba ko haba amavugururwa mu mategeko. Biti: “Ikiremwamuntu cyaciwe umutwe,umutwe we wazengurukijwe ku mihanda ndetse umwicanyi yari yishimiye icyo gikorwa” “ni gute twakwemera ko ibi bintu bibi bikomeza? Dukwiye kugira icyo dukora abagore bakareka guhohoterwa”

Umwe mubagore bazwi cyane mugutunganya filimi witwa Tahmineh Milani yanditse kuri Instagram agira ati: “Mona yazize ubusa no kutitabwaho byatewe n’ubujiji. Buri wese yagize uruhare mu rupfu rw’uyu mukobwa.”

Uyu mugore yashatse afite imyaka 12 y’amavuko akaba asize umwana w’imyaka itatu. Muri Gicurasi, umugabo yakase umutwe umugore we w’imyaka 14, ikaba ari inkuru yababaje abantu cyane, nyuma uyu mugabo yakatiwe igifungo k’imyaka 9 muri gereza.

Umwanditsi: David Niyobuhungiro

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *