Ishyaka riri ku butegetsi mu Burusiya, United Russia, ribarizwamo perezida Putin niryo ryegukanye amatora y’abagize Inteko ishinga Amategeko ku majwi 54,3% by’amajwi amaze kubarurwa.
Ishyaka ry’abakominisite n’iryabatsimbarara ku gihugu cyane LDPR ryagize 13-14%.
N’ubwo habayeho igabanuka ry’amajwi ku ishyaka rya United Russia ryagize 64% muri 2007, ryashoboye kugira ubwiganze bw’amajwi arenga 49% ryagize muri 2011.
Ishyaka riyobowe na minisitiri w’intebe Dmitry Medvedev, rizanabona izindi ntebe nyinshi mu nteko zivuye kuri 238.
Biravugwa ko ubwitabire mu matora bwari hasi cyane ugereranyije n’amatora yo muri 2011, aho ngo bwari hasi ya 50%.
Amashyaka aharanira ibitekerezo byo kwishyira ukizana ntiyashoboye kugira 5% by’amajwi akenewe kugira ngo agire umwanya mu nteko ishinga amategeko.
Ariko amajwi ari kubarurwa arerekana ko ashobora kuza kugira imyanya micye mu turere tumwe na tumwe.
Amashyaka abiri atavuga rumwe na leta, Yabloko na Parnas, yabonye 2% ba 0,7% gusa.
Umukuru wa komisiyo y’amatora, Ella Pamfilova yavuze ko afite “icyizere ko amatora yakozwe mu buryo buboneye”.
Ariko n’ubwo ubukungu bw’Uburusiya buri mu bibazo ndetse igihugu kikaba gihanganye n’ibindi bihugu by’Uburayi na Amerika, kubera intambara muri Ukraine na Siriya, ababikurikiranira hafi bavuga ko aya matora atari ashamaje cyane.
Haravugwa kandi ko habayemo uburiganya mu duce tumwe twa Siberiya ndetse ko hari n’abatora bajyanwe mu ma bisi ku biro by’itora mu mujyi wa Barnaul.
Ibiro ntaramakuru bya AP bivuga ko itsinda ry’abagenzuzi rya Golos rivuga ko ryabonye ibirego 1.300 byinubira uko amatora yagenze mu gihugu.
Ku nshuro ya mbere, abantu batoreye mu Ntara ya Crimea, yakuwe kuri Ukraine muri 2014 mu buryo bwanenzwe cyane ku rwego mpuzamahanga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com




