Imodoka 500 zo mu bwoko bwa Jeep 4×4 Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yageneye abadepite bose zatangiye gukurura umwuka mubi muri politiki y’igihugu.
Iby’izi modoka zizwiho guhenda cyane byatangajwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, Christophe Mboso Nkodia tariki ya 18 Kamena 2021, ubwo yari ayoboye inama y’Inteko.
Nkodia yagize ati: “Perezida yafashe icyemezo cy’uko duha abadepite bose 500. Ni ishimwe ku bitabye ijwi ry’Umukuru w’Igihugu. Buri mudepite azahabwa Jeep.”
Umuhamagaro Nkodia yavugaga ni uwo kwiyunga n’ihuriro ‘Union Sacrée’ Perezida Tshisekedi yashyizeho ubwo yari amaze gusenya irya FCC-CACH ryari rigize igice kinini cya Guverinoma n’Inteko Ishinga Amategeko.
Mu badepite bamwiyunzeho kandi harimo abari bagize ihuriro mpuzamashyaka FCC ryari riyobowe na Joseph Kabila, nka Perezida w’Icyubahiro.
Zavugije induru
Nyuma yo kumenya imiterere ya gahunda ya Perezida Tshisekedi yo guha abadepite bose imodoka za Jeep, abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi nka Martin Fayulu batangiye kuyamagana.
Fayulu yanasabye abadepite bahagarariye ishyaka rye Ecidé muri iyi Nteko kutazemera izi modoka afata nka ruswa. Yagize ati: “Ni impano ya ruswa ya Tshisekedi.”
Nyuma y’ijambo rya Fayulu, abadepite babiri bahagarariye iri shyaka: Ados Ndombasi na Jean Baptiste Kasekwa bamaze gutangaza ko batazakira izi modoka.
Umuryango ODEP ushinzwe kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa Leta nawo nyuma yo kumenya aya makuru, wasabye ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari, IGF, gukora ubugenzuzi kikamenya inkomoko y’amafaranga yaguze izi modoka.
Ku rubuga rwa Twitter, ODEP yagize ati: “Jeep zigiye abadepite bagiye guhabwa: turi kubona ruswa yeruye. Turasaba IGF gukora iperereza rikomeye kugira ngo imenye aho inkomoko y’amafaranga yaguze izi modoka.”
Umuryango ASADHO utegamiye kuri Leta na wo kuri uyu wa 21 Kamena wasohoye itangazo wamagana iki gikorwa. Uvuga ko izi modoka ari nka ruswa, kubera ko zitari mu ngengo y’imari ya Leta.
Iri tangazo ryashyizweho umukono na Perezida wa ASADHO, Jean Claude Katende, rigira riti: “Twumvise mu itangazo rya Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ko izi modoka zizatangwa na Perezida wa Repubulika. Izi modoka ntiziva mu ngengo y’imari. Kuziha abantu basanzwe bahembwa neza, byafatwa nka ruswa.”
N’ubwo izi modoka zikomeje gukurura umwuka mubi, birasa n’aho igikorwa cyo kuzitanga kidahagarara kuko 250 muri zo zamaze kugera muri RDC, izindi 250 zitegerejwe tariki ya 12 Nyakanga 2021.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


