Kabale: Amaradiyo yabujijwe kujya atangaza amatariki yo gushyinguriraho abapfa

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’urwego rushinzwe kurwanya icyorezo cya Covid-19 mu Karere ka Kabale muri Uganda, Darius Nandinda yabujije amaradiyo yose kuvuga amatariki yo gushyinguriraho abapfa, mu gihe asoma amatangazo yo kubika.

Nk’uko bigaragara mu itangazo Nandinda yageneye amaradiyo yose akorera muri aka Karere tariki ya 18 Kamena 2021, bigomba gukorwa mu rwego rwo kwirinda ko abantu benshi bakwitabira umuhango wo gushyingura, bakarenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Rigira riti: “Urwego rwa Kabale rushinzwe kurwanya Covid-19 rwabonye ko iyo mutangaje amatariki yo gushyingura mu gihe cy’amatangazo yo kubika, abantu benshi barabimenya, bagateganya kwitabira ari benshi, bakica amabwiriza ya Perezida yo gushyingura mu buryo bwa siyansi.”

Rikomeza riti: “Bityo rero nk’abafatanyabikorwa bacu mu kurwanya iki cyorezo, turabasaba ko mu gihe musoma amatangazo yo kubika, mwajya mwirinda kuvuga amatariki yo gushyinguriraho kugira ngo hubahirizwe amabwiriza yo gushyingura mu buryo bwa siyansi.”

Amabwiriza mashya Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni aherutse gutangaza, avuga ko abitabira umuhango wo gushyingura batagomba kurenga 20. Ni ko gushyingura mu buryo bwa siyansi Darius Nandinda avuga.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *