Abacungagereza 8 bo muri Kenya bari bitwaje intwaro baherekejwe n’umuyobozi wabo, bagabye gitero kuri sitasiyo ya Polisi ya Madodo iherereye mu gace ka Tana River, bafite umugambi wo kubohora mugenzi wabo uhafungiwe.
Uyu mucungagereza yatawe muri yombi n’abapolisi ubwo yari yarenze ku mabwiriza ya Gera mu Rugo yo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Igitangazamakuru Kenyans kivuga ko icyo gihe yabarwanyije, umwe akomereka mu isura, undi mu kiganza.
Inyandiko ya Polisi isobanura ibyabaye iti: “Umucungagereza warenze ku mabwiriza ya Gera mu Rugo, ubwo yatabwaga muri yombi yateye amahane, ahohotera abapolisi bakomeretse; mu kiganza cy’iburyo no ku bitsike.”
Aba bacungagereza kuri uyu wa 26 Kanama 2021 bagabye igitero kuri sitasiyo ya Madodo kugira ngo babohora mugenzi wabo.
Muri ako kanya, umupolisi wari hafi aho yahise atabaza bagenzi be, umucungagereza umwe ahita arasa. Umupolisi yabisobanuye ati: “Habaye imvururu maze umupolisi wari uhari atabaza bagenzi be. Umwe mu bacungagereza yarashe isasu rimwe kugira ngo abatere ubwoba.”
Ntabwo icyakurikiyeho nyuma y’iki gitero cyatangajwe.


