Koffi Olomide ntiyiyumvisha ukuntu Kabila ahembwa miliyoni zirenga 680 Frw ku kwezi

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi w’icyamamare muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Koffi Olomide yagaragaje ko atumva uburyo Joseph Kabila wayoboye iki gihugu ubu akaba ari umusenateri uhoreho, yemera kujya ahembwa amadolari ya Amerika ibihumbi 680 (miliyoni 684 Frw) buri kwezi.

Koffi yagaragaje uburakari ubwo yari amaze kumva umugore wa Kabila, Olive Lembe, ubwo yari ayoboye inama y’umuryango w’ubugiraneza yise Initiative-Plus Olive Lembe Kabila, ashishikariza abayitabiriye gukunda igihugu.

Uyu muhanzi ubwo yasabwaga n’igitangazamakuru Congo Avenir kugira icyo avuga kuri iri jambo, yavuze ko mbere y’uko Lembe yigisha abandi gukunda igihugu, akwiye kubanza kwigisha umugabo we kugikunda, ntiyemere kwakira umushahara ungana utya.

Yagize ati: “Yakabanje kubibwira umugabo we, ntiyemere kwakira umushahara w’amadolari arenga ibihumbi 600 buri kwezi. Niba ari ubutabera bushya yifuza ko bwafasha abadafite uburyo.”

Umushahara wa Kabila wateje impaka nyuma y’aho tariki ya 25 Nyakanga 2021 Minisitiri w’Imari wa RDC, Nicolas Kazadi atangarije ko uyu musenateri amaze amezi 6 adahembwa. Kuva yafata iyi nshingano nshya ngo yambwe inshuro ukwezi kumwe gusa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *