Umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) uravugwaho kongera gusatira umujyi wa Goma ufatwa nk’umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Jean Claude Mambo Kawaya uyobora sosiyete sivile muri teritwari ya Nyiragongo, kuri uyu wa 21 Nzeri 2023 yatangarije umunyamakuru Jimmy Shukran Bakomera wa radiyo wa VOA ko M23 iri kongera abarwanyi bawo muri gurupoma ya Kibumba, mu bilometero bibarirwa muri 20 ujya i Goma.
Kawaya yagize ati: “Habanje kubaho gusimbura abarwanyi bari bahasanzwe, tubona bazanye abandi bashya. Ibyo byabaye mu gitondo, tubona abarwanyi babaye benshi kandi ibice barimo biragoye ko umuntu yabigeramo. Abarwanyi ba M23 bari kwiyongera muri Kibumba kandi bari kuzana intwaro ziremereye.”
M23 yari yarafashe ibice bya Kibumba mu mwaka ushize, iyishyikiriza ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC, mu Gushyingo 2022. Ariko Leta ya RDC yo yakomeje kugaragariza Abanyekongo n’amahanga ko nta ho aba barwanyi bagiye.
Ubuyobozi bwa M23 burahamya ko bwarekuye ibice byinshi, bubishyikiriza ingabo za EAC. Gusa kuri ubu abarwanyi bawo bumvikana barwana n’imitwe ya Wazalendo muri teritwari ya Rutshuru na Masisi.


