Minisitiri w’Ingabo mushya wa S.A ntiyigeze atesha agaciro ibyo RDF yagezeho muri Mozambique

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ingabo mushya wa Repubulika ya Afurika y’Epfo, Thandi Modise ntabwo yigeze anenga ibyo ingabo z’u Rwanda zimaze kugeraho mu bikorwa byo kurwanya intagondwa z’umutwe w’iterabwoba zihungabanya umutekano w’abatuye mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.

Tariki ya 11 Kanama 2021 ni bwo igitangazamakuru Chimpreports kivugwaho gukorera mu kwaha kwa Leta ya Uganda cyatangaje ko Minisitiri Modise umaze iminsi ibiri arahiriye iyi nshingano yagiriye ikiganiro kuri imwe muri radiyo zo muri Afurika y’Epfo.

Cyatangaje ko muri iki kiganiro, Minisitiri Modise yavuze nta kazi zigeze zikora, kuko ahubwo ngo ni bwo urugamba rutangiye. Ni mu gihe Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga aherutse gutangaza ko izi ngabo zamaze gukura intangondwa mu birindiro byazo byose, zimwe ziricwa, hafatwa na zimwe mu ntwaro zari zifite.

Muri iki kiganiro n’iyi radiyo iki gitangazamakuru kitavuze izina, ngo Minisitiri Modise yavuze ati: “Urugamba ni bwo rugitangira, ibi ntibyafatwa nk’intsinzi ya nyuma.” Yakomeje ati: “Ubwo inyeshyamba zabonaga ko ingabo z’amahanga zije, zatangiye guhunga. Aho bafashe hari ahantu hatari abarwanyi…Abanyarwanda baragenda bagafata ahantu gusa. Ni propaganda iri gukora, reka twiturize.”

Si Minisitiri Modise wabitangaje

Bwiza yashakishije radiyo yo muri Afurika y’Epfo Minisitiri Modise yagiriyeho iki kiganiro irayibura. Yakomeje gushakisha isanga kuri Omny FM hari ikiganiro umunyamakuru Refilwe Moloto yagiranye n’umusesenguzi mu by’umutekano, Jasmine Opperman tariki ya 10 Kanama 2021, cyerekeye RDF.

Abanyamakuru bateze amatwi iki kiganiro cyatambutse muri porogaramu ya Omny FM yitwa ‘Breakfast with Refilwe Moloto’ cy’iminota 9 n’amasegonda 37, basanga amagambo (quotes) yose yitiriwe Minisitiri Modise ari ho yakuwe. Ni nka “Urugamba ni bwo rugitangira. Ibi ntibyafatwa nk’intsinzi ya nyuma” yose yatangajwe na Jasmine Opperman.

Iyi nkuru ya Bwiza ishingiye ku byatangajwe na Chimpreports, iteshejwe agaciro https://bwiza.com/?Min-w-Ingabo-wa-Afurika-y-Epfo-yannyeze-ibigwi-bya-RDF-muri-Mozambique

Ntiyari gusubira mu ikosa bikekwa ko ryaratumye uwamubanjirije asimbuzwa

Tariki ya 9 Nyakanga 2021, Guverinoma y’u Rwanda yatangiye kohereza abasirikare n’abapolisi muri Mozambique kugira ngo bafashe inzego z’umutekano z’iki gihugu kurwanya intagondwa zihungabanya umutekano wa Cabo Delgado.

Ni igikorwa cyakozwe mu gihe ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’Amajyepfo Mozambique ibereye umuryamuryango byiteguraga kohereza ingabo zabyo muri iyi ntara, nk’uko byari byemejwe n’inama yari iherutse guhuza ababiyoboye.

Uwari Minisitiri w’Ingabo wa Afurika y’Epfo icyo gihe, Nosiviwe Mapisa-Nqakula yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru wa SABC News tariki ya 10 Nyakanga 2021 kirebana no koherezwa kw’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique.

Nosiviwe yagize ati: “Birababaje kuba ingabo zoherejwe mbere y’uko SADC yohereza izayo kubera ko amasezerano Mozambique n’u Rwanda byaba byaragiranye, twateganyaga ko u Rwanda ruzafasha Mozambique ariko hagendewe ku murongo wari waratanzwe n’abakuru b’ibihugu bya SADC. Ni ikibazo tudafiteho ububasha kuko Mozambique yumvikanye n’Abanyarwanda kugira ngo ingabo zabo zijyeyo.”

Aya magambo ya Nosiviwe n’ibaruwa yandikiye Intekoo Ishinga Amategeko asaba ko abasirikare 25000 Umukuru w’Igihugu yohereje ngo bahagarike imyigaragambyo y’abamaganaga ifungwa rya Jacob Zuma mu ntara ya KwaZulu Natal na Gauteng, bagabanywa bakagera ku 10,000, bivugwa ko ari byo bishobora kuba byaratumye asimbuzwa tariki ya 5 Kanama 2021.

Niba koko ari byo byatumye Nosiviwe akurwa kuri iyi nshingano ya Minisitiri w’Ingabo, ntabwo Modise yari kubisubiramo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *