Monkeypox, indi ndwara ikomeje kwibasira benshi ku Isi ni bwoko ki?

Sangiza iyi nkuru

Nta gihe kinini gishize Isi yibasiwe n’icyorezo cya Koronavirusi. Uyu munsi igihanganye nacyo, ibinyamakuru hirya no hino biragaruka ku yindi ndwara yitwa Monkeypox ikomeje kwibasira Uburayi na Amerika.

Iyi ndwara bwa mbere yagaragaye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) mu mwaka 1970, ku mwana w’imyaka 9 ubwo iy’ubushita (Smallpox) yari imaze gucika.

Nyuma y’iki gihe, hirya no hino hatangiye kujya hagaragara iyi ndwara mu bice by’ibyaro, mu mashyamba yo muri RDC no mu bice byo muri Afurika hagati no mu burengerazuba bwa Afurika.

Mu 1970, iyi ndwara yagaragaye ku bantu mu bihugu 11 ku mugabane wa Afurika, mu bihugu nka: RDC, Benin, Cameroon, Central African Republic, Sierra leone, Ivory Cost, Liberia, Nigeria, na Sudani y’Epfo.

Nta makuru menshi ahari agaragaza ingaruka iyi ndwara yateje, gusa mu mwaka w’1996 n’1997 yibasiye iki gihugu ifite ubukana buri hejuru kurusha mu myaka yabanje.

Mu 2017, Nigeria yibasiwe cyane n’iyi ndwara, byibura abantu babarirwa muri 500 yabagaragayeho, n’ubu ngubu byibuze iracyagaragara ku bantu 200 buri munsi.

Biratureba twese

Uyu munsi iyi ndwara irareba ikiremwamuntu cyose kuko yibasira Isi yose. Mu mwaka w’2003 yagaragaye cyane muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) iturutse ku bibwana by’imbwa byari bisanzwe biba muri Gambia bikabana n’imbeba zinjijwe zivanywe muri Ghana.

Muri Nzeri 2018, iyi ndwara yasanzwe mu bagenzi bavaga muri Nigeria berekeza muri Israel no mu Bwongereza. Nyuma yaho yagaragaye mu bihugu birimo Singapore.

Uyu munsi haracyakorwa ubushakashatsi go hamenyekana uko yaje kugera ubwo umuntu abasha kuyanduza mugenzi we.

Yandura ite? 

Ubusanzwe umuntu yandura iyi ndwara iyo ahuye n’umuntu cyangwa inyamaswa iyifite, umuntu wayanduye, cyangwa ikintu kiriho virusi yayo. Iyi virusi yinjra mu muntu iciye ahantu hakomeretse ku ruhu (n’iyo byaba bitagaragara) mu myenge y’ubuhumekero no mu bice byo mu mazuru, mu maso no mu kanwa mu mirongo iba irimo.

Ubundi iyo virusi iyo imaze kugera mu mubiri utangira kugira umuriro, kubabara imikaya, no gutangira kumva wacitse intege umubiri wose.

Kugeza ubu nta muti n’umwe uremezwa ko ushobora kwifashishwa uvura Monkeypox gusa hari urukingo rwo kuyirinda rwizewe ku kigero cya 85%.

Source: https://www.who.int/news-room/fact-sheets/detail/monkeypox

Yanditswe na Niyobuhungiro David

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *