Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNCHR, rivuga ko mu mwaka w’2020 Abanyarwanda 2364 baba mu bihugu bitandukanye bayandikiye bayisaba kwemezwa nk’impunzi.
Aba barimo 578 baba muri Uganda, 514 baba muri Malawi, 275 baba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, 164 baba muri Mozambique, 157 baba muri Canada,125 baba mu Bubiligi, 115 baba muri Kenya, 112 baba mu Budage n’101 baba mu Bufaransa.
Gusa mu mbonerahamwe dukesha The Chronicles biragaragara ko muri iyi raporo ya UNHCR habayemo ikosa ryo gutanga imibare itandukanye ku Bufaransa bwajemo kabiri. Byashoboka ko hari ikindi gihugu yashakaga kwandika mu mwanya umwe.

Iri shami rivuga ko kandi umwaka w’2020 warangiye rifite igiteranyo cy’ubusabe (application) bw’Abanyarwanda 16,657 bashaka kuguma mu bihugu barimo, aho gutaha mu Rwanda.
Muri rusange, umwaka w’2020 warangiye iri shami ribaruye Abanyarwanda 245,800 bari mu buhungiro mu bihugu bitandukanye.


