Mu Buhinde: Abanyafurika mu myigaragambyo nyuma y’aho mugenzi wabo apfiriye muri kasho

Sangiza iyi nkuru

Abanyafurika baba mu Buhinde kuri uyu wa Mbere bakoze imyigaragambyo bitewe n’uko umunyeshuri ukomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yapfiriye muri kasho ya Polisi.

Uyu munyeshuri witwa Joel Shindani Malu yatawe muri yombi na Polisi y’u Buhinde mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 1 Kanama 2021, akurikiranweho kunywa ibiyobyabwenge.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Kanama, Polisi yaje gutangaza ko uyu munyeshuri wari ufite imyaka 27 y’amavuko yapfiriye muri kasho, ikeka ko yazize indwara y’umutima nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP byabitangaje.

Urupfu rw’uyu musore rwababaje Abanyafurika baba mu Buhinde, abihurije mu muryango bise Fédération Panafricaine bategura imyigaragambyo bamagana Polisi yari yamutaye muri yombi, bayishinja kumwica urubozo kugeza ashizemo umwuka; igikorwa bise ivangura.

Polisi yagerageje guhagarika iyi myigaragambyo yifashishije ibikoresho birimo ingabo (riot shields) ndetse yemeza ko yanamaze guta muri yombi abarenga 10 mu bayikoze. Ivuga ko yanatangiye iperereza ku rupfu rwa Joel Malu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *