Muhanga: Urukiko ruzatangaza umwanzuro ku byaha bya jenoside biregwa umuyobozi wa Kaminuza ya Gitwe

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga biteganyijwe ko ejo tariki 15 Nyakanga 2020, ari bwo ruzafata umwanzuro ku byaha ubushinjacyaha burega uwitwa Gérard Urayeneza ukekwaho icyaha cya Jenoside no kuzimanganya ibimenyetso.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa gatatu, Urayeneza azakatirwa n’urukiko aho yaburanaga ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Urayeneza usanzwe ari umushoramari uzwi mu Rwanda kuko afite amashuri abiri n’ibitaro i Gitwe mu karere ka Ruhango ho mu ntara y’Amagepfo. Yafunzwe tariki 14 Kamena 2020, nyuma y’uko mu isambu y’ibitaro bye, hasanzwe imibiri umunani y’abantu bishwe, bikekwa ko ari abazize jenoside.

Urayeneza yaherukaga kujuririra icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo yari yakatiwe, aho yifuzaga ko yarekurwa ku bw’uburwayi n’inshingano zikomeye afite, gusa ubushinjacyaha bwo bukavuga ko arekuwe byabangamira iperereza n’abatangabuhamya bamushinja.

Abunganira Urayeneza bavuga ko abatangabuhamya bamushinja bavuga ibinyoma nyamara ngo hari bamwe mu barokotse Jenoside bamushinjura gusa urukiko ntirubahe umwanya.

Mu bantu 8 bafatanwe na Urayeneza, batanu muri bo bamaze kurekurwa mu gihe ejo kuwa 15 Nyakanga hazamenyekana umwanzuro w’urukiko ku kifuzo cy’ubushinjacyaha.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Muhanga: Urukiko ruzatangaza umwanzuro ku byaha bya jenoside biregwa umuyobozi wa Kaminuza ya Gitwe
    BAGENZURE NEZA NIBA BIMUFATA AHANWE

  2. Muhanga: Urukiko ruzatangaza umwanzuro ku byaha bya jenoside biregwa umuyobozi wa Kaminuza ya Gitwe
    BAGENZURE NEZA NIBA BIMUFATA AHANWE

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *