Mushikiwabo yihanganishije Haïti yapfushije abarenga 300 kubera umutingito, ayisabira ubufasha

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo yihanganishije Haïti yapfushije abantu barenga 300 bitewe n’umutingito, ayisabira n’ubufasha.

Kuri uyu wa 14 Kanama 2021 ni bwo iki gihugu cyibasiwe n’umutingito ukomeye wari ufite imbaraga ziri ku gipimo cya 7.2. Nyuma gato y’iki kiza, Umuyobozi Mukuru w’ikigo gishinzwe ubutabazi, Jerry Chandler yavuze ko abamenyekanye bahise bapfa ari 29.

Amakuru agezweho Chandler yatanze mu masaha make ashize, avuga ko ubu abamaze kumenyekana bapfuye barenga 304, mu gihe abarenga 1800 bakomeretse.

Nyuma y’uyu mutingito, OIF izwi nka La Francophonie yacishije ubutumwa ku rubuga rwa Twitter ivuga ko Mushikiwabo yihanganishije iki gihugu cyibasiwe n’ikiza. Yagize iti: “Umunyamabanga Mukuru wa La Francophonie, Louise Mushikiwabo ababajwe n’umutingito w’imbaraga za 7.2 wibasiye Haïti uyu munsi.”

Yakomeje iti: “Arihanganisha cyane abaturage ba Haïti kandi yifatanyije mu kababaro n’imiryango yabuze abayo n’abari hafi y’abagizweho ingaruka n’umutingito.”

Mushikiwabo yasabye ibihugu bigize OIF gukusanya imfashanyo, bikayigeza muri Haïti isanzwe, igahabwa abagizweho ingaruka n’uyu mutingito. OIF iti: “Umunyamabanga Mukuru yijeje abaturage ba Haïti ubufasha bwose, akanasaba ibihugu bigize OIF gushyigikirana, bigakusanya imfashanyo yo guha Haïti muri ibi byago bishya.”

Haïti yaherukaga kubamo umutingito ukomeye muri Mutarama 2010. Wishe abantu babarirwa mu 200,000.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *