New York: U Rwanda rwasabye RDC kurwubahira ubusugire

Sangiza iyi nkuru

Ambasaderi wungirije w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN), Kayinamura Robert, yasabye ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo kurwubahira ubusugire.

Ibi yabisabiye mu nama y’akanama ka UN gashinzwe umutekano, yaganirirwagamo ku mutekano wo mu karere k’ibiyaga bigari, yateranye kuri uyu wa 17 Ukwakira 2023, i New York muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

Yagize ati: “Uburasirazuba bwa RDC bucumbikiye imitwe yitwaje intwaro idahungabanya gusa RDC, ahubwo ihungabanya n’ibihugu bituranye. Imitwe irenga 100 ikorera mu burasirazuba bwa RDC, irimo FDLR n’indi mitwe iyishamikiyeho yamaze gushyirwa muri Wazalendo.”

Kayinamura yakomeje agira ati: “Imvugo irebana n’ubusugire n’ubwigenge bwa RDC, ititaye ku burenganzira bw’ubwigenge n’ubusugire bw’ibihugu bituranye byagizweho ingaruka n’intambara ikoreshwa nabi kandi yenyegeza amakimbirane. Ubusugire bwa buri gihugu bukwiye kwitabwaho.”

Uyu mudipolomate yanzuye ko mu gihe hashakwa umuti w’ibibazo byo mu karere k’ibiyaga bigari, hakwiye kurebwa ku muzi wabyo ushinze mu burasirazuba bwa RDC.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *