Nigeria: Akurikiranyweho gufatira ku ngufu umukobwa mu rusengero

Sangiza iyi nkuru

Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 wo muri Nigeria witwa Ajibola Akindele akurikiranyweho gusambanyiriza mu rusengero umukobwa w’imyaka 20.

Umuvugizi wa polisi muri aka gace, Lanre Bankole, avuga ko ushinjwa icyaha yatawe muri yombi ku wa Mbere nyuma y’uko nyina w’uwo mukobwa atanze ikirego, avuga ko yohereje umukobwa we kujya gukora isuku ku rusengero mu gace ka Ita Oshin ari kumwe n’ushinjwa icyaha ku itariki ya 16 Mata 2022.

Ati: “Ubwo bari bageze ku rusengero, bahuye n’abandi bagore bari baje gukubura ku rusengero barimo gutegura amateraniro yo ku cyumweru. Ubwo abo bagore bari bamaze gutaha bamaze gukubura ku rusengero, ushinjwa yahise afatirana uwo mukobwa kuko yari wenyine, atangira kumufatira ku ngufu mu rusengero.”

Nk’uko ikinyamakuru Vanguard kibivuga, Akindele yoherejwe ku rwego rugenza ibyaha mbere y’uko agezwa mu bushinjacyaha.

Yanditse na Niyobuhungiro David

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *