mmmm.jpg

Nkunda iyi kipe ya Rayon, buri gihe mba niteguye kuba nayipfira -Sarpong

Sangiza iyi nkuru

Umunya Ghana Michael Sarpong ukinira ikipe y’abafana ya Rayon Sports Fc yasabye imbabazi ku makosa aheruka gukora ubwo bakinaga na Sunrise, yemeza ko Rayon Sports ari iipe akunda kd yanapfira.

Hari mu mukino w’umunsi wa 5 bakiriwemo na Sunrise FC, tariki ya 26 Ukwakira 2019 kuri Golgotha Stadium (Izina yahawe n’abafana), ubwo yari amaze guhabwa ikarita y’umutuku ku munota wa 92, arimo asohoka mu kibuga akavugirizwa induru n’abafana nawe ahita azamura urutoki rusumba izindi ararubereka, igikorwa ubusanzwe gifatwa nko gutukana cyangwa gutesha agaciro umuntu.

Nyuma yo guhanwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, ahabwa gusiba umukino umwe, akaba ari umukino Rayon Sports yaraye yakiriye mo Marines.

Sarpong yasabye imbababzi abakunzi b’umupira w’amaguru, abafana ba Rayon Sports n’abayobozi bayo aho yavuze ko akunda iyi kipe ndetse yanayipfira.

Yagize ati“Nyuma yo gusubiza ubwenge inyuma nkibuka igikorwa cyabaye ku mukino wa shampiyona mu cyumweru cyashize, ndashaka gusaba imbabazi buri umwe wese ufite aho ahuriye na Rayon Sports ku myitwarire idakwiye nagaragaje. “Nkunda iyi kipe, buri gihe mba niteguye kuba napfira mu kibuga kubera yo. N’ubwo ibyo nakozwe byatumye mpanwa na FERWAFA nari kubirwanya.”

Michael Sarpong yafashije Rayon Sports kwegukana igikombe cya shampiyona umwaka ushize akaba ari gukina umwaka we wakabiri muri iyi kipe.
mmmm.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *