Nyiragongo: FARDC yarasanye na Wazalendo

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare ba Repubulika ya demukarasi ya Congo barasanye n’umutwe w’urubyiruko rwa Wazalendo muri gurupoma ya Nyiragongo, mu ntera iri mu bilometero 15 ugana mu mujyi wa Goma.

Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, byatangaje ko uko kurasana kwabereye mu gace ka Mugererwa mu masaha y’ikigoroba cyo kuri uyu wa 11 Ugushyingo 2023, gusa ngo icyateye aya makimbirane ntabwo kiramenyekana.

Umwe mu bakorera mu rwego rushinzwe umutekano wavuganye n’ibi biro ntaramakuru ariko utashatse ko amazina ye amenyekana, yatangaje ko abantu 6 bahise bapfa, abagera ku 10 barakomereka. Ati: “Muri ubu bwumvikane buke, barasanye, 6 bapfuye, abanda 9 bakomeretse.”

Perezida wa sosiyete sivili ikorera muri Nyiragongo, Jean Claude Mambo Kawaya na Adolphe Muhire uri mu bagize urwego rushinzwe kurinda abasivili mu mujyi wa Goma bemeje ko koko uku kurasana kwabayeho, kandi ngo umubare w’abapfuye ushobora kwiyongera.

Umuvugizi w’igisirikare cya RDC mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lieutenant Colonel Guillaume Ndjike Kaiko ntacyo yatangarije ibi biro ntaramakuru, ubwo byashakaga kumenya icyo uruhande rwa Leta ruvuga kuri uku kurasana.

Uku kurasana kubayeho nyuma y’aho mu Kwakira 2023 na bwo abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo barasaniye mu mujyi wa Goma, ibyatumye ubuyobozi bw’intara ku rwego rwa gisirikare busaba ko bashakishwa, bagahanirwa iyi myitwarire.

Leta ya RDC ishyigikira imitwe ya Wazalendo bitewe n’uko yiyemeje guhangana n’umutwe witwaje intwaro wa M23, ariko hari ubwo bigaragara ko yananiwe kugenzura imikorere yabo, aho ivugwaho kubangamira umutekano w’abaturage, na yo ubwayo igasubiranamo, ipfa ibice igenzura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *