Perezida Kagame yakiriye Didier Drogba na David Luiz mu biro bye-amafoto

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yakiriye Didier Drogba wakiniye Chelsea ndetse na David Luiz ukinira Arsenal mu biro bye (Village Urugwiro).

Didier Drogba yaje mu Rwanda mu ihuriro ry’urubyiruko rwari ruturutse mu bihugu bitandukanye by’Afurika rizwi nka Youth Connekt Africa 2019, asura n’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi.

David Luiz we yazanye n’umubyeyi we ndetse n’umugore we, aje mu bikorwa by’ubukerarugendo ndetse n’ibirebana n’umupira w’amaguru, cyane ko Arsenal akinira ifitanye ubufatanye n’Ikigo cy’Ikihugu cy’Iterambere gifite mu nshingano ubukerarugendo muri gahunda ya Visit Rwanda.

Aba bombi bakiriwe na Perezida Kagame ndetse n’Umuryango we ugizwe na Madamu Jeannette Kagame ndetse na Ingabire Ange Kagame.

Amafoto:

48880148241 3b6f13d9b5 c 48880339337 d51d48a256 c 48880339457 ec170a11f4 c 48880340222 0ba0e0c07a c 48880771536 20780219ce c 48880964162 27f741403f c 48880964757 bd0076cd8e c 48880966422 1e5923e4b2 c

Flickr/Paul Kagame

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *