Perezida w’Inteko abona abacuruza ibiyobyabwenge bakwiye gufungwa imyaka 50, bakanahozwa ku nkoni

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, umutwe w’abadepite, Hon. Daniel Gélase Ndabirabe abona abacuruza ibiyobyabwenge bwakwiye kujya bafungwa imyaka 50, bakajya banakubitwa muri munsi.

Ndabirabe yabimenyesheje abadepite, ashingiye ku ngaruka zikomeye ibiyobyabwenge bigira ku Barundi by’umwihariko abana b’abanyeshuri. Yagize ati: “Mwebwe abashinga amategeko nimuhaguruke muhanure biri kurenga inkombe. Muvugane na Minisitiri ushinzwe uburezi murebe uko mwabikurikirana.”

Yakomeje avuga ati: “Abana ni ukuri barimo kutuva mu ntoke ahari bitewe no kurangara kwacu, niba ari ukudakurikirana neza ibijyanye n’uburezi, ariko birakwiye ko mubitekereza mufatanyije n’abo mu burezi, mukareba ibyo bicuruzwa by’ibiyobyabwenge.”

Ndabirabe yabajije abadepite igihano gikwiye umuntu ucuruza ibiyobyabwenge, abana bose n’abantu bakuru bakabinywa; bagahinduka abantu batagira umubaro.

Ati: “Kubera iki tutabakatira imyaka 50 bagashyirirwaho n’inkoni z’igihe cyose. Kuko kumufunga gusa aragenda, akicara azi ko bazamufungura.”

Uyu mudepite avuga ko ibi bihano bikakaye byatangwa mu rwego rwo kurinda aba bana. Ati: “Twese duhagurukire kurinda abo bana.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *