Police FC igiye gutozwa n’Umwongereza

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Mukuru wa Police FC, CIP Bikorimana Obed yatangaje ko iyi kipe igiye kujya itozwa n’Umwongereza, Francis Nutall Eliott.

Mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 5 Nzeri 2021, CIP Bikorimana yagize ati: “Ikipe y’umupira w’amaguru ya Polisi y’u Rwanda (Police FC) yabonye umutoza mushya witwa Francis Nutall Eliot ukomoka mu gihugu cy’u Bwongereza.”

Francis Nutall yigeze gusezererwa na Mukura VC muri Confederations Cup ubwo yatozaga ubwo yatozaga El Hilal Obayed yo muri Sudani. Hari tariki ya 22 Ukuboza 2018, Mukura iyitsinda penaliti eshanu kuri enye (5-4) nyuma yo kunganya ubusa ku bundi (0-0) mu mukino wari wabanje.

Uyu mutoza uvuye muri St George yabaye iya gatatu muri shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Ethiopia, umwaka w’imikino w’2020/2021 , yasinye amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza iyi kipe ya Polisi y’u Rwanda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *