Abashinwa bacukuza amabuye y’agaciro mu kirombe giherereye mu gace ka Kolwezi mu Ntara ya Lualaba muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), bagaragaye muri videwo bategeka abasirikare guhondagura no gutoteza abasore babiri b’Abanyekongo, nabo babishyira mu bikorwa.
Actualité yatangaje aba basore babiri basanzwe bacukura amabuye y’agaciro bahondaguwe tariki ya 20 Nyakanga 2021.
Iyi videwo y’amasegonda 28 igaragaza aba basore baryamye bubamye, bazengurutse n’Abashinwa barenga batatu hamwe n’aba basirikare babiri: Mbiya Mukadi na Adula Kulisikwa Deli.
Umwe muri aba basirikare agaragara ahetse imbunda, afite umugozi mu kuboko kw’iburyo ari gukubitisha aba basore. Undi musirikare n’aba Bashinwa bo barahindukiza aba basore kugira ngo bakubitwe.
Iyi nkuru yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yakiranywe umubabaro na Guverineri w’Intara ya Lualaba w’agateganyo, Fifi Masuka Saini wagize ati: “Nk’umubyeyi, nashenguwe no kubona abavandimwe banjye bafatwa muri ubu buryo butagira ubumuntu.”
Uyu muyobozi yavuze ko yitabaje urukiko, yongeraho ko iyi dosiye azayikurikiranira hafi.
Umuvugizi w’igisirikare cya RDC, Gen. Maj. Léon Richard Kasonga ku wa 23 Nyakanga 2021 yasohoye itangazo ryamagana imyitwarire y’aba basirikare n’Abashinwa, anatangaza ko bamaze gutabwa muri yombi.
Nyuma yo gutabwa muri yombi, aba basirikare baburanishijwe, Mukadi akatirwa igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’Amanyekongo 500,000, Kulisikwa akatirwa amezi 18, acibwa ihazabu y’amafaranga 300,000.
Ntabwo turamenya igihano cyafatiwe aba Bashinwa.



