Si impano, si ruswa_Perezida Tshisekedi kuri Jeep 500 zateje impaka

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi yavuze ko imodoka 500 z’ubwoko bwa Hyundai Jeep 4×4 zagenewe abadepite atari impano cyangwa ruswa nk’uko bamwe babigiyeho impaka.

Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro yagiriye ku gitangazamakuru cy’igihugu, RTNC, cyabereye mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 1 Nyakanga 2021.
Intandaro y’izi mpaka ni ijambo Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Christophe Mboso Nkodia yavuze kuri izi modoka tariki ya 18 Kamena ubwo yari ayoboye inama y’abadepite, azita impano.

Icyo gihe Mboso yabwiye abadepite ati: “Perezida wa Repubulika yafashe icyemezo cy’uko duha abadepite bose 500. Ni ishimwe ku bitabye ijwi ry’Umukuru w’Igihugu, buri mudepite azahabwa Jeep.”

Ijambo “ishimwe” ryatumye imiryango yo muri RDC nka ODEP ushinzwe kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa Leta na ASADHO yamagana iki gikorwa yagereranyije na “ruswa yeruye” ndetse inasaba ko hakorwa iperereza ku hantu amafaranga yo kugura izi modoka yaturutse.

Umunyapolitiki Martin Fayulu we mu kwamagana iki gikorwa, yasabye abadepite bahagarariye ishyaka rye Ecidé kwanga izi modoka, Ados Ndombasi na Jean Pierre Kasekwa baramwumvira, koko barazanga.

Soma inkuru yabanje hano https://bwiza.com/?JEEP-500-Perezida-Tshisekedi-yageneye-abadepite-zavugije-induru

Ibi byose Perezida Tshisekedi yabibajijweho muri iki kiganiro, asubiza ko izi modoka ari abadepite bazisabiye ubwabo. Ati: “Abadepite basabye ibintu bitandukanye birimo imodoka. Niba mutanabizi, reka mbibabwire. Muri aba badepite harimo abadafite uburyo bubafasha gukora ingendo muri Kinshasa, kandi bagomba gukora akazi kabo nk’abadepite.”

Yakomeje avuga ko hari abadepite bajya mu Nteko Ishinga Amategeko bari muri moto, ati: “Ingaruka zose bibagiraho murazizi. Bateza ibibazo. Baravuze bati ‘Nyakubahwa Perezida turashaka ko nk’uko mu bihe byashize byagendaga, natwe twahabwa imodoka.”

Perezida Tshisekedi yasobanuye ko aba badepite baziyishyurira izi modoka ku mushahara wabo. Ati: “Baziyishyurira, hano mpashinge agati, ntabwo ari Perezida wa Repubulika uzazishyura.”

Kuri we, ntabwo byakumvikana uburyo umuntu yaha aba badepite bose ruswa nk’uko byatangajwe n’abanyapolitiki ndetse n’iyi miryango. Ati: “Ni gute waha ruswa abadepite 500? Kubera ko inteko yacu igizwe n’abantu 500, hatanzwe komande ya Jeep 500, bisobanuye ko kuri opozisiyo nzaba ntanze ruswa. Nta shingiro bifite.”

Mboso yatangaje iby’izi Jeep, 250 muri zo zaramaze kugera muri RDC. Izindi zari zitegerejwe tariki ya 12 Nyakanga 2021.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *