Nyuma yo kuva mu bihano yari yarahawe n’ikipe ya APR FC ari nayo yakinaga mo Sugira Ernest rutahizamu mpuzamahanga ubu yamaze gutizwa muri RayonSports.
nkuko bitangazwa n’ubuyobozi bwa APR FC bubinyujije ku rubuga rwayo, bavuga ko iyi kipe imutije nyuma y’uko yari amaze amezi 2 mu bihano aho yakoreraga imyitozo mu bato b’iyi kipe, ibihano akaba yarabisoje tariki ya 24 Ukuboza 2019.
Nyuma yo gusoza ibihano umutoza w’iyi kipe, Adil Erradi Mohammed yagaragaje ko atamukeneye mu ikipe kuko afite abandi batsinda bishobora kuba ari nabyo byagendeweho atizwa.
Ku wa Gatatandatu w’icyumweru gishize ni bwo haje inkuru ivuga ko uyu rutahizamu yamaze gutizwa muri Police FC, gusa ubuyozi bwa APR FC bwahise bubyamagana aho bwavuze ko iyi kipe itigeze imutira.
Batangaje ko ikipe ya Rayon Sports na Gasogi United ari zo zanditse zimutira, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ni bwo impande zombi zarangije iri tizwa maze Sugira asinyira Rayon Sports ku ntizanyo y’umwaka n’igice yari asigaje muri APR FC.
Rayon Sports nayo ibinyujije ku rukuta rwayo rwa twitter ikaba yemeje aya makuru ndetse inamuha ikaze.
Sugira Ernest yinjiye muri APR FC muri 2017 ariko ntiyagize amahirwe yo kuba yakinira iyi kipe igihe kinini kuko yahise agira imvune yatumye amara imyaka 2 adakina.


