Minisitiri w’Ubuzima wa Tanzania, Prof. Abel Makubi yatangaje ko iki gihugu giteganya kwikorera inkingo z’icyorezo cya Covid-19 n’izindi ndwara, mu rwego rwo kugabanya amafaranga gishora mu gihe kizitumiza mu mahanga.
Nk’uko tubikesha The Citizen TV, Prof. Makubi yabitangarije mu mujyi wa Dodoma ku wa 5 Nyakanga 2021, ubwo yasobanuraga gahunda igihugu gifite mu kurwanya iki cyorezo.
Yagize ati: “Dufite abahanga benshi. Tuzabikora. Ntabwo tuzakora gusa inkingo za Covid-19, tuzakora n’iz’izindi ndwara kugira ngo no mu gihe iki cyorezo kizaba cyaragiye, Tanzania izabe igifite ubushobozi bwo kwikorera inkingo.”
Tanzania igize uyu mugambi nyuma y’ibindi bihugu byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba nk’u Rwanda na Uganda.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame aherutse gutangaza ko iki gihugu gifite gahunda yo kubaka uruganda rukora inkingo za Covid-19 n’indi miti. Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) uherutse gutera uyu mushinga inkunga ya miliyari 3.6 z’amafaranga y’u Rwanda.
Kuri uyu wa 6 Nyakanga 2021, Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yafatanyije na Visi Perezida wa Kenya, William Ruto gushyira ibuye fatizo ahazubakwa uruganda ruzakora imiti n’inkingo, mu karere ka Wakiso.


