Tshisekedi yasabye ko amasezerano Kabila yasinyanye n’Abashinwa avugururwa

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yasabye ko amasezerano uwo yasimbuye, Joseph Kabila yasinyanye n’Abashinwa yerekeye ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro avugururwa.

Aya masezerano Kabila yayasinye n’Abashinwa mu 2008, abaha uburenganzira bwo gucukura amabuye y’agaciro muri iki gihugu. Yari afite agaciro ka miliyari 9 z’Amadolari ya Amerika ($).

Gusa ikigega mpuzamahanga cy’imari, IMF, cyasabye ko avugururwa bitewe n’uko ngo yagombaga kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’igihugu, agabanyirizwa agaciro kugeza kuri miliyari $2.7.

Mu nama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 10 Nzeri 2021, Perezida Tshisekedi yavuze ko aya masezerano abangamiye iterambere ry’ibikorwaremezo muri RDC n’ubukungu muri rusange.

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri ryekereye aya masezerano rigira riti: “RDC iri kubura ibikorwaremezo, bikagira ingaruka ku iterambere ryayo.”

Aya masezerano yayagarutseho ubwo muri Gicurasi 2021 yagiriraga uruzinduko mu karere ka Kolwezi mu ntara ya Lualaba, gacukurwamo amabuye y’agaciro menshi yiganjemo zahabu.

Perezida Tshisekedi yavuze ko abahawe uburenganzira bwo gucukura aya mabuye, barushaho gukira, mu gihe abaturage ba RDC bo bakomeza gukena. Yagize ati: “Ntabwo bisanzwe kubona abo igihugu cyasinye nabo amasezerano bari gukira mu gihe abaturage bacu baguma mu bukene.”

Biteganyijwe ko mu nama y’abaminisitiri itaha, aya masezerano azakomeza kwigwaho mu rwego rwo gutegura uko yavugururwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *