U Burundi bwasubije ko umupaka ubuhuza n’u Rwanda utafungurwa, ibibazo bihari bitarakemuka

Sangiza iyi nkuru

Leta y’u Burundi yasabye abayisaba ko yafungura umupaka wa Ruhwa uhuza igihugu cyabo n’u Rwanda, ko bategereza ibibazo ibihugu byombi bifitanye bikabanza gukemuka.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Isanganiro, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burundi, Inès Sonia Niyubahwe yavuze ko icyemezo cyo gufungura umupaka gifatwa n’inzego ziri hejuru.

Yabamenyesheje ko ubu ibihugu byombi biri gukora ibishoboka kugira ngo umubano hagati yabyo wongere ube mwiza, avuga ko mu gihe waba mwiza, imipaka ibihuza yakongera gufungurwa.

Abarundi biganjemo abacuruzi basabye ko umupaka wa Ruhwa ufungurwa nyuma y’aho uwa Gatumba uhuza igihugu cyabo na Repubulika ya Demukarasi ya Congo wari umaze ibyumweru bibiri ufunguwe.

Bavuga ko mu gihe umupaka wa Ruhwa waba ufunguwe, ubuhahirane n’imigenderanire hagati yabo n’Abanyarwanda byakongera kubaho nka mbere, ubukene nabwo bukagabanyuka.

Imigenderanire n’ubuhahirane hagati y’u Rwanda n’u Burundi yahungabanyijwe n’umubano wabaye mubi watewe n’ibibazo bya politiki kuva mu 2015, hiyongeraho ingamba zafashwe mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


XMA Header Image
Abasaza b’abanyapolitike ni babi mubirinde -Asouman avuze amagambo akomeye ku gihano Sankara yasabiwe
youtube.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *