Raporo nshya yitwa ‘Inclusiveness Index’ yakozwe n’ikigo The Othering and Belonging Institute cyo muri Leta zunze ubumwe za Amerika yashyize u Rwanda ku mwanya wa 7 muri Afurika no ku wa 50 ku Isi, hashingiwe ku bipimo byo kudaheeza abantu abo ari bo mu byiciro bitandukanye.
Ubu bushakashatsi bwakozwe ku mwaka ushize (2022) bushingira ku ibara ry’uruhu, igitsina, ibyerekeye ku baryamana bahuje ibitsina n’ababihinduza, amadini n’amatorero ndetse n’ubumuga.
Mu bihugu 129 byakoreweho ubushakashatsi, New Zealand ni yo yaje ku mwanya wa mbere, ihabwa amanota 82.02%. Icyiciro yabonyemo amanota menshi ni icyo kudaheza abaryamana bahuje ibitsina ndetse n’ababihinduza, bamwe bita ‘abatinganyi’.
Ibihugu byakurikiyeho ni Portugal, u Buholandi, Slovenia na Iceland. Amanota menshi byayaboneye mu byiciro birimo kutagira iheza rishingiye ku gitsina n’irishingiye ku ibara ry’uruhu.
Muri Afurika, igihugu cyaje ku mwanya wa mbere ni Afurika y’Epfo, ikaba iri ku wa 28. Hakurikiyeho Côte d’Ivoire iri ku wa 40, Benin iri ku wa 46, Ghana igakurikiraho ku wa 47, Namibia ku wa 48 na Malawi ku wa 52.
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa 56 ku Isi no ku wa 7 muri Afurika, ruhabwa amanota 63.79%. Bigaragara ko rufite amanota ya mbere mu cyiciro cyo kutagira iheza rishingiye ku ibara ry’uruhu no mu rishingiye ku gitsina.
Ku ihezwa rishingiye ku baryamana bahuje ibitsina n’ababihinduza, u Rwanda rwaje ku mwanya wa 93, ruza ku mwanya wa 44 mu kudaheza gushingiye ku madini n’amatorero. Naho ku bafite ubumuga, ruri ku mwanya wa 61.
Muri raporo yasohotse mu mwaka ushize (yatangaga imibare yo mu 2021), u Rwanda rwari rwashyizwe ku mwanya wa 98 n’amanota 56.5%. Icyo gihe mu cyiciro cyo kudaheza hashingiwe ku gitsina rwari ku mwanya wa 20.



