U Rwanda ntirwigeze rushoza intambara muri RDC_Ambasaderi Karega

Sangiza iyi nkuru

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Vincent Karega yatangaje ko u Rwanda rutigeze rushoza intambara muri iki gihugu nk’uko bamwe mu Banyekongo babivuga.

Ambasaderi Karega yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru i Kinshasa kuri uyu wa 14 Kanama 2021. Yagize ati: “U Rwanda ntirwigeze rushoza intambara muri RDC habe n’umunsi umwe.”

Yasobanuye ko icyo u Rwanda rwakoze ari ugufasha ingabo za AFDL za Laurent Desiré Kabila mu rugamba rwo kubohora igihugu, no gufasha ingabo za RCD ubwo AFDL yari imaze gucikamo ibice.

Yavuze ko uretse kwifatanya n’izi ngabo, u Rwanda rutigeze ruba mu mateka y’intambara na RDC, ashimangira ko umubano w’ibi bihugu wahoze ari mwiza. Ati: “Ariko u Rwanda ntabwo rwigeze ruba mu mateka y’intambara na RDC. Mbere y’ubukoloni, mu gihe na nyuma yabwo, umubano wahoze ari mwiza.”

Ambasaderi Karega abona ko umutekano muke umaze igihe mu burasirazuba bwa RDC uterwa n’imitwe yitwaje intwaro yiganjemo Abanyekongo ubwabo, n’abanyamahanga bakeya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *