Muri Guverinoma ya Uganda, habaye ukuvuguruzanya hagati ya Minisiteri y’Ubuzima n’umugore wa Perezida Museveni, Janet Museveni usanzwe ari Minisitiri w’Uburezi na Siporo.
Uku kuvuguruzanya kwatewe n’ijambo Minisitiri Janet yavugiye mu nama ku wa Gatanu w’icyumweru gishize asaba Minisiteri y’Ubuzima ko yabafasha abarimu bose n’abanyeshuri barengeje imyaka 18 bagafata urukingo rwa Covid-19.
Nk’uko tubikesha The Observer, Janet Museveni yagize ati: “Nka Minisiteri y’Uburezi na Siporo, twavuganye na Minisiteri ngenzi yacu; iy’ubuzima kudufasha abarimu n’abanyeshuri barengeje imyaka 18 bagakingirwa.”
Ni mu gihe muri gahunda ya Uganda, iteganya gukingira gusa abafite ibyago byo kwandura iki cyorezo n’abarengeje imyaka 50 y’amavuko gusa.
Ibi Dr Alfred Driwale uyoboye urwego rushinzwe gahunda yo gukingira muri Minisiteri y’Ubuzima yabishingiyeho asaba Janet kutizeza ibitangaza aba banyeshuri.
Dr Driwale yagize ati: “Gahunda yacu irasobanutse, turashaka gukingira abantu bafite imyaka 50 kuzamura, abakozi b’ingenzi; abo mu nzego z’ubuzima, abarimu n’abandi bo mu bigo nk’amabanki, inzego zikorera n’abandi. Hari abihutirwa, ntabwo tugomba kubihindura. Ntidushimishiriza abantu muri ibi bintu.”
Uyu muyobozi yavuze ko yatunguwe no kumva Janet akora ubukangurambaga, ko abanyeshuri bagomba gukingirwa. Ngo impande zombi zarumvikanye ko abazakingirwa ari abahugururiwa mu bigo by’ubuzima, aba bakaba bafatwa nk’abaganga.


