Umugore wateje impanuka ikaze muri Tour de France yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Abashinzwe umutekano batangaje ko bataye muri yombi umugore wateje impanuka ikomeye abakinnyi bari mu irushanwa ry’umukino w’amagare rizenguruka u Bufaransa, Tour de France.

Iyi mpanuka yabaye tariki ya 26 Kamena 2021 mu gace (étape) ka mbere k’iri rushanwa, umukinnyi Tony Martin wari mu gikundi kinini yagongaga icyapa uyu mugore yari yashyize ku muhanda, ashaka kucyifotorezaho.

Ako kanya, Tony Martin yahise agwa, abandi bakinnyi bari mu gikundi nabo bamugwa hejuru, bamwe barakomereka barimo n’abahise basezera mu irushanwa.

Ubwo uyu mugore yari amaze guteza impanuka, yahise ahunga abashinzwe iperereza batarahagera nk’uko Umuvugizi wa Polisi y’agace ka Finistere impanuka yabereyemo yari yabimenyesheje itangazamakuru.

Uyu muvugizi yagize ati: “Umufana wateye iyi mpanuka yatorotse mbere y’uko abakora iperereza bahagera. Hari gukorwa buri kimwe kugira ngo afatwe. Yari yambaye amataratara, ikoboyi y’ubururu, umupira urimo umweru n’umutuku n’ikote ry’umuhondo.”

Televiziyo RTL ikorera mu Bufaransa, yatangaje ko uyu mugore yashakishijwe, anafatwa nyuma y’ikirego ubuyobozi bwa Tour de France bwari bumaze gutanga.

Ubu afungiwe muri sitasiyo ya Polisi y’u Bufaransa. Byitezwe ko ashobora gucibwa indishyi y’amayero 1,500 cyangwa arengaho.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *