Ykee Benda yandikiye Museveni amusaba gushyira Uganda muri Guma mu Rugo y’iminsi 3

Umuririmbyi Wycliffe Tugume ukunzwe mu muziki wa Uganda nka Ykee Benda, yandikiye Perezida Yoweri Kaguta Museveni amusaba gushyira Uganda yose muri gahunda ya Guma mu Rugo. Ibaruwa Ykee Benda yandikiye Museveni yayanditse mu izina ry’Ishyirahamwe ‘Stingy men association of Uganda abereye umuyobozi. Guma mu Rugo uyu muhanzi yasabye yifuje ko yashyirwaho hagati y’itariki ya 12 […]

Umunyamakuru yambuwe ijambo ubwo yavugaga ku bibazo by’urugendo rw’Amavubi muri Caméroun

jean_luv.jpg

Umujyanama muri Minisiteri ya Siporo, Karambizi Olivier yambuye ijambo umunyamakuru Jean Luc Imfurayacu wa Radio B&B FM, wavugaga ku bibazo byaranze urugendo rw’Amavubi yari yitabiriye irushanwa rya CHAN 2020. Byabereye mu kiganiro Minisiteri ya Siporo n’itsinda ryaherekeje Amavubi bagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa 10 Gashyantare 2021 mu rwego rwo kurebera hamwe uko urugendo rw’Amavubi muri […]

Ijambo ‘UBURENGANZIRA’ rikwiriye gusimburwa n’ijambo ‘IBYANGOMBWA’

Ijambo ‘uburenganzira’ rizwi kandi rikoreshwa na benshi, rigasobanurwa nko guhabwa umudendezo wo gukora ibyo ushaka, kubaho uko uko ushaka, kuvuga ibyo ushaka, kurya ibyo ushaka, guhabwa ibyo ushaka n’ibindi,….Mu buyobozi bw’ibihugu hafi ya bwose bagira inzego za Leta, iz’abikorera n’imiryango yigenga yaba iy’imbere mu bihugu cyangwa se mpuzamahanga ivuga ko iharanira ubu burenganzira, yemwe hanashyizweho […]

U Bwongereza bwiyemeje gusaranganya inkingo za Covid-19 n’ibihugu bikennye

Umunyamabanga w’u Bwongereza ushinze ububanyi n’amahanga, Dominic Raab aherutse gutangaza ko igihugu cye cyiteguye gusaranyanga urukingo rwa Covid-19 n’ibihugu bikennye. Ni nyuma y’aho bamwe mu bayobozi mu bihugu bikennye n’imiryango mpuzamahanga bakomeje kunenga ibihugu bikize birimo n’u Bwongereza, bibishinja gushaka kwikubira inkingo zose za Covid-19. Raab mu kiganiro yagiranye na Evening Standard tariki ya 29 […]

Nyamasheke: Inkangu yishe abasore 3 bavukana

Abasore 3 bava inda imwe barimo uw’imyaka 20, uwa 17 n’uwa 15 bari baryamanye, bishwe n’inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye ijoro ryose mu karere ka Nyamasheke, bikaba byabereye mu Mudugudu wa Mikingo, Akagari ka Kagarama mu Murenge wa Mahembe. Nk’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mahembe Mukamusabyimana Marie Jeanne yabitangarije BWIZA, ngo hari mu ma saa […]

Uganda: Abitwa Abalaalo biganjemo abavuga Ikinyarwanda bikomwe n’abatuye Amuru

Abaturage batuye mu Karere ka Amuru muri Uganda bikomye abazwi nk’Abalaalo, babashinja gufatanya n’igisirikare cya Uganda (UPDF) mu Karere ka Amuru, mu kubinjiramo, bakahaba bitemewe. Abalaalo biganjemo abavuga Ikinyarwanda, benshi bafite inkomoko mu Rwanda gusa hari ababa bahaheruka kera batanakivuga neza, bakoresha cyane Olunyankole. Ni aborozi bimuka uko babonye urwuri rw’inka zabo. Inkuru ya Daily […]

RDC: FARDC irahakana amakuru y’abasirikare 400 baba baratorotse mu kigo cya Kamina?

Ubuyobozi bw’igisirikare cya repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, buranyomoza amakuru yavugaga ko mu Kigo cya Gisirikare cya Kamina haba hari abasirikare bigumuye bagatoroka igisirikare. Aya makuru yanemejwe kuri uyu wa Kabiri na minisitiri w’umutekano mu Ntara, Kis Kisala, avugana na Radio Okapi dukesha iyi nkuru. Uyu aravuga ko amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkorambaga y’uko […]

Nta mpamvu u Rwanda rwaba umwihariko- Ange Kagame kuri Rusesabagina

Umukobwa wa Perezida w’ u Rwanda, Ange Kagame avuga ko ntaho ku Isi nzima, abayobozi n’amatsinda y’imitwe yitwaje intwaro, batashakishijwe ngo bagezwe imbere y’ubutabera, bityo ngo u Rwanda narwo si umwihariko kuri iyi ngingo. Kuri Twitter, Ange Kagame yatangaga igitekerezo ku byanditswe na Ambasaderi w’ u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana […]

Abarimu basaga 4000 bari mu kazi nta mabaruwa akabashyiramo bafite

Abarimu 1,566 mu mashuri abanza n’ayisumbuye hirya no hino mu gihugu ntibafite dosiye zuzuye, mu gihe abagera ku 4,087 mu barimu 23,617 bari mu myanya badafite amaburuwa abashyira mu kazi. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa Kabiri, ubwo Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage mu Nteko Ishinga Amategeko yumvaga ibisobanuro bya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’ibya Minisitiri w’Uburezi ku bibazo […]

UCI yemeje igihe Tour du Rwanda izabera

Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku magare ku Isi (UCI) ryemeje ko isiganwa rya Tour du Rwanda rya 2021 rizaba guhera tariki 2-9 Gicurasi 2021. Tour du Rwanda yagombaga kuba muri uku kwezi kwa Gashyantare ariko iza gusubikwa kubera icyorezo cya COVID-19. Tour du Rwanda iri ku rwego rwa 2.1 gusa nta Munyarwanda urayegukana kuva yajya […]

Kenya: Umugabo yarashe umwambi umugore we aramwica bapfuye ibigori

Umugabo wo mu Mudugudu wa Kaptimom, mu Mujyi wa Elburgon, wo mu Ntara ya Nakuru mu gihugu cya Kenya, kuri uyu wa Kabiri, itariki 09 Gashyantare, yarashe umwambi umugore we aramwica bapfuye imifuka y’ibigori. Nk’uko byatangajwe n’Urwego rushinzwe ubugenzacyaha, DCI, uyu mugabo witwa Wilson Koech, yashakaga kugurisha ibi bigori ariko umugore we n’umuhungu we batabishaka. […]

Shaddyboo na Bruce Melodie mu bamaganye abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Abarimo Umuhanzi Itahiwacu Bruce ‘Bruce Melodie’ na Mbabazi Shadia uzwi ku mbuga Nkoranyambaga nka Shaddyboo, bahuje imbaraga n’Abanyarwanda batari bake mu kwamagana abakomeje gukwirakwiza ubutumwa bupfobya n’ubuhakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Kuva iki cyumweru cyatangira ku rubuga rwa Twitter hari kunyuzwa ubutumwa buri mu ntero igira iti: “Twiyamye Abapfobya”, bwamagana abakomeje gukoresha imiyoboro itandukanye y’itumanaho bakwirakwiza […]

Abacuruza MoMo bashinja MTN kubambura, ubajije ikamufungira ‘sim card’

Hari abatanga serivisi ya ‘Mobile Money’ bakorera mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko ikigo cy’itumanaho cya MTN kimaze igihe kibambura amafaranga ya komisiyo bagenerwa ku kwezi, ubajije ikibazo cye akaba afungirwa umurongo (sim card). Nk’uko tubikesha RadioTV10, aba bakozi batanga serivisi yo kubika, kohereza no kubikura amafaranga, bavuga ko bamaze kwamburwa na MTN inshuro zirenze […]

Ingurube z’ i Gicumbi zisigaye zihabwa amata

Aborozi n’abacunda amata bo mu Karere ka Gicumbi, bafashe umwanzuro wo guha ingurube amata kuko babuze isoko, abatazifite bakayabogora. Harerimana Jean de Dieu ni umworozi akaba n’ucunda nawe yagize ati “Ubu ikintu turi gukura mu bworozi bw’inka ni ifumbire gusa naho amata nta kigenda kuko udafite ingurube ubu ari kuyabogora (kuyamena) kuko n’umuturage uri kuyamuhera […]

Sudani: Imyigaragambyo yamagana izamuka rikabije ry’ibiciro iragenda ifata intera

Kuri uyu wa Kabiri, imyigaragambyo yakajije umurego mu bice byinshi bya Sudani kubera ubuzima buhenze mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zavugaga ko zishyigikiye ingufu za guverinoma nshya mu kuzamura ubukungu. Guverinoma nshya y’iki gihugu, irimo n’abahoze ari abayobozi b’inyeshyamba, yashinzwe gukemura ikibazo cy’ubukungu cyatewe n’ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye iki gihugu […]

Ishyaka riri ku butegetsi ryamaganye abasabira Magufuli indi manda

Ishyaka Chama cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi muri Repubulika ya Tanzania, ryateye utwatsi bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko baribereye abayoboke, batangiye gusaba ko Perezida Dr. John Magufuli yazayobora indi manda. Ni nyuma y’aho aba bagize Inteko baherutse gutanga igitekerezo, basaba ko Itegekonshinga ryavugururwa, Magufuli uri kuyobora manda ya kabiri, akazemererwa kuyobora iya gatatu. […]

Abongereza baturuka mu bihugu birimo u Rwanda, bizajya bibahenda

Umunyamabanga w’u Bwongereza ushinzwe ubuzima, Matt Hancock kuri uyu wa 9 Gashyantare 2021 yatangaje amabwiriza agenewe Abongereza bazajya baturuka mu bihugu 33 birimo u Rwanda, aho bigaragara ko bizajya bibatwara amafaranga atari make. Nk’uko tubikesha Euro News, Hancock yatangaje ko guhera tariki ya 15 Gashyantare, abaturuka muri ibi bihugu mu gihe bageze ku kibuga cy’indege […]

Centrafrica: Ingabo za leta zifashijwe n’iz’u Rwanda zigaruriye Umujyi wa Bouar

Kuri uyu wa kabiri, itariki 09 Gashyantare, igisirikare cya Centrafrica gifashijwe n’ingabo z’u Rwanda n’Abarusiya, cyigaruriye Umujyi wa Bouar, aho nyuma yo kuwigarurira amafoto agaragaza ingabo muri mu gace ka PK 0 muri uyu mujyi yahise atangira gukwirakwizwa. Imirwano ikomeye yabaye ku matariki 9 na 17 Mutarama yari yatumye ibihumbi by’abaturage bahunga ingo zabo, ndetse […]

Tanzania: Abajenerali batanu bishwe na COVID-19 mu gihe kitageze ku byumweru bibiri

Abasirikare batanu bo mu gisirikare cya Tanzania bo ku rwego rwa ba Brigadier General, bamaze gupfa mu gihe kitageze ku byumweru bibiri bazize icyorezo cya COVID-19, Guverinoma ya kiriya gihugu yo ikavuga ko bazize indwara z’ubuhumekero. Amakuru avuga ko aba basirikare uko ari batanu bapfuye mu gihe cy’iminsi 13, leta ikavuga ko bazize ‘umusonga’. Abapfuye […]

Musanze: Uruhinja rw’iminsi itatu rwakuwe mu musarani ari ruzima

Amakuru yamenyekanye saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo ku wa Kabiri tariki 09 Gashyantare 2021 ahitwa Karwasa mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, ni ay’umwana w’umuhungu bivugwa ko yari amaze iminsi itarenze itatu avutse, yakuwe mu musarani w’ishuri aho yajugunywemo n’umuntu utahise amenyekana. Uyu mugore akimara kumva uwo mwana yagize amatsiko yegera aho aririra […]

U Rwanda mu maraso, u Rwanda ku mutima_Gwet wahawe ubwenegihugu

Tariki ya 3 Gashyantare 2021 ni bwo Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yahaye ubwenegihugu abantu batandatu; barimo Yann Gwet ukomoka muri Caméroun hamwe n’umugore we Sidonie Kouam Gwet. Yann Gwet wavukiye mu mujyi wa Douala muri Caméroun mu 1982, ni umunyamakuru, akaba yigisha muri Kaminuza y’u Rwanda, mu ishami ry’Itangazamakuru n’Itumanaho. Nyuma yo guhabwa ubwenegihugu […]