60 ku ijana by’Abanyayuganda bemeza ko igihugu cyabo kigana ahabi

Sangiza iyi nkuru

Abaturage batandatu ku icumi bo muri Uganda bemeza ko igihugu cyabo kiri kwerekeza ahabi nk’uko ubushakashatsi bwabyerekanye.

Ikusanyabitekerezo ryakozwe n’umuryango utegamiye kuri Leta witwa ‘Research World International (RWI), Abanyayuganda bagaragaje ko ari ko babona ahazaza h’iki gihugu kiyobowe na Museveni Kaguta Yoweri mu myaka 33 ishize.

RWI ivuga ko yakoze ubu bushakashatsi igendeye ku mibare ihari y’abaturage bagize Uganda mu kugena umubare w’abazagira uruhare mu bushakashatsi (respondents)  hagati ya 12  kugeza 25 Mata 2019 mu gihugu cyose.

Ubu bushakashatsi nk’uko Daily Monitor dukesha iyi nkuru ibitangaza, bugaragaza ko abaturage bo mu turere twose tugize Uganda uretse utwo mu Burengerazuba  bemeje ko Uganda igana ahabi.

Benshi mu bari mu ishyaka riri ku butegetsi (NRM) bari mu bemeza ko igihugu kigana aheza ariko nanone 42% byabo bemeza ko kigana ahabi.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Ubu bushakashatsi bwakozwe ku bantu 2,042 mu gihugu cyose. 60% bavuze ko Uganda igana ahabi naho 23% bavuga ko igana aheza. Batanu ku ijana bavuze ko ntacyo babiziho mu gihe abandi batanu ku ijana bifashe ntibagire icyo batangaza kuri iyi ngingo.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *