Umwami Mswati III wa Swaziland yahinduye izina ry'iki gihugu

 Umwami w’igihugu cya Swaziland, Mswati III yahinduye izina ryacyo akita Eswatini ‘Igihugu cy’ubutaka kavukire”. Iri zina ryahinduwe n’umwami Mswati III ashingiye ku itegeko No. 80 ryo mu 2018 ryashyizweho umukono na we ubwe, rinasohoka mu igazeti ya Leta. Mbere y’uko Umwami afata icyemezo cyo guhindura izina ry’igiihugu cye, ngo yabanje kubitangaza  mu kwezi gushize mu […]

Minisitiri w’Uburezi arasaba abarezi kwigisha uburere buzira ingengabitekerezo ya jenoside

Minisitiri w’Uburezi, Dr. Mutimura Eugene avuga ko uburezi bwa bose ariryo pfundo ry’u Rwanda rwa none n’ejo hazaza, bityo agasaba abarezi guha abana uburere buzira ingengabitekerezo ya jenoside. Ibi yabitangarije ku rwibutso rwa jenoside rwa Kiziguro, mu Karere ka Gatsibo, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 Gicurasi 2018, ubwo abakozi ba Minisiteri y’Uburenzi (Mineduc) n’ibindi […]

Ubusambanyi buravuza ubuhuha hagati y’abarimu n’abanyeshuri muri kaminuza ya Makerere

Iperereza ryakozwe muri Kaminuza ya Makerere, rigaragaza ko ubusambanyi hagati y’abarimu n’abanyeshuri, bumaze gufata indi ntera, mu gihe bukorwa abanyeshuri bashukishwa amanota. Iperereza ryakozwe mu gihe cy’amezi abiri, cyane cyane rikorwa harebwa ihohoterwa rikorwa rishingiye ku gitsina, byagaragaye ko iyo ngeso yeze cyane muri Kaminuza ya Makerere iherereye mu mujyi wa Kampala muri Uganda Nk’uko […]

30% by’impunzi z’Abanye Congo ziri mu nkambi ya Kiziba zimaze kwiyandikisha zishaka gutaha

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR) ryatangiye kwandika impunzi zishaka gusubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubu 30% bakaba bamaze kwiyandikisha. Minisiteri Ishinzwe Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (Midimar) yatangaje ibi, ku wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018, mu kiganiro yagiranaga na Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’umutungo by’Igihugu, ku mbanzirizamushinga w’ingengo y’imari yayo 2018/2019. Umunyamabanga Uhoraho muri […]

Uganda: Hibwe imbunda mu rugo rwa Gen Salim Saleh

Inzego z’umutekano muri Uganda ziri mu iperereza ry’imbunda yari yibwe  mu rugo rwa Gen Salim Saleh, umuvandimwe akanaba umujyanama wa Perezida Museveni wa Uganda. Ku wa 9 Gicurasi 2018, nibwo amakuru yamenyekanye ko imbunda yibwe, hakekwa umusirikare witwa Richard Komakech wavuye ku kazi nta ruhushya ahawe. Umuvugizi w’igisirikare, Brig. Richard Karemire yemeje aya makuru, atangariza […]

Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Visi Perezida w’Inteko Nshingamategeko y’u Burundi, Rwasa Agathon avuga ko bamwe mu bayoboke be bafunzwe abandi baricwa mu bihe hitegurwaga amatora ya kamarampaka yabaye ku wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018. Aganira n’itangazamakuru ubwo yari amaze gutora ku biro by’itora bya Ciri, mu ntara ya Ngozi, ahagana saa tanu z’amanywa zo kuri uyu wa […]

Inyeshyamba za FDLR zishinjwa gushimutira Abongereza babiri muri Pariki ya Virunga

Mu cyumweru gishize nibwo hari hatangajwe inkuru z’uko abakerarugendo babiri b’Abongereza bashimutiwe muri Pariki ya Virunga, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kurekurwa, bitangazwa ko ari inyeshyamba za FDLR zari zabashimuse. Ku wa 11 Gicurasi 2018, nibwo Abongereza babiri n’abashoferi bari babatwaye b’abanyecongo, bashimuswe, nyuma yo kurasanaho kwabaye hagati y’abashinzwe kurinda pariki n’izi […]

Abakinnyi ba Rayon Sports batunguwe n’uko nta bafana bagiye kubakira ku kibuga cy’indege i Kanombe

Ubwo ikipe ya Rayon Sports yari ikubutse muri Tanzanira, ivuye gukina n’ikipe yaho, igatahana intsinzi itarashimishije abafana bayo, yasesekaye i Kigali, itungurwa no kubura abafana benshi baje kuyakira. Ahagana saa yine na makumyabiri z’ijoro (20:20) zo kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Gicurasi 2018, nibwo abakinnyi ba Rayon Sports, umutoza n’abandi bari bajyanye nayo […]